Cameroun, imwe mu makipe atanu ahagarariye Afurika mu gikombe cy’Isi yatsinzwe umukino wa mbere wo mu itsinda A na Mexique igitego 1-0 cya Perlata ku munota wa 61, kuva mu 2002 Cameroun ntiratsinda mu gikombe cy’Isi.
Iyi kipe yari yanze kurira indebe itabanje guhabwa agahimbazamusyi nta byinshi yagaragaje mu kibuga, haba kurema amahirwe yabyara igitego cyangwa umukino ushimishije.
Amwe mu mahirwe Cameroun yabonye ni umupira wa Samuel Eto’o wakubise ipoto kimwe n’umupira watewe na Benoit Assou-Ekotto ahana ikosa ujya ku ruhande.
Iyi kipe ihagarariye Afurika yashoboraga kubona inota ariko umupira watewe na Benjamin Moukandjo ufatwa n’umunyezamu wa Mexique, Guillermo Ochoa.
Mu gice cya mbere, umusifuzi yanze ibitego bibiri bya Giovani dos Santos.
Ku munota wa 61, Oribe Peralta yatsinze igitego nyuma y’aho umunyezamu wa Cameroun Itandje yagaruye umupira wa Giovanni Dos Santos. Ni gitego cya 7 mu mikino 9 Peralta atsindiye Mexique.
Umutoza wa Mexique, Miguel Herrera ngo yanyuzwe n’imyitwarire y’abakinnyi be bamweretse ko bashoboye. Ati “ Twabonye amahirwe mesnhi yo gutsinda ibitego ariko byari bigoye. Twakinnye nk’itsinda.”
Volker Finke utoza Cameroun yirinze kuvuga byinshi avuga ko bafite iminsi yo kwitegura umukino ukurikira. Ati “Tugomba kwisuzuma umukino wa Croatia ni ingenzi kuri twe niba dushaka kuguma mu irushanwa.”
Iyi ntsinzi ya Mexique ni iya mbere babonye ku gihugu cya Afurika mu mikino ya nyuma y’igikombe cy’Isi.
Gahunda y’imikino ibanza y’amakipe ya Afurika
Ku Cyumweru, 15 Kamena 2014 saa 3.00 Cote d’Ivoir vs u Buyapani @Arena Pernambuco
Kuwa Mbere, 16 Kamena 2014 saa 21.00 Iran vs Nigeria @ Arena da Baixada
Kuwa Mbere, 16 Kamena 2014 saa 23.59 Ghana vs USA @Arena das Dunas
Kuwa Kabiri, 17 Kamena 2014 saa 18.00 u Bubiligi vs Algeria @Estadio Mineirão



















TANGA IGITEKEREZO