00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

CAN 2019: Abaturanyi b’u Rwanda mu bahatanira imyanya 10 isigaye- Icyo umunsi wa nyuma w’amatsinda uvuze

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 22 March 2019 saa 12:36
Yasuwe :

Mu mpera z’iki cyumweru nibwo ku mugabane wa Afurika hazasozwa imikino y’amatsinda yo gushaka itike ya CAN 2019 izabera mu Misiri guhera tariki ya 21 Kamena kugeza ku ya 19 Nyakanga 2019. Uyu munsi wa gatandatu w’amatsinda ugomba gusiga amakipe 10 asigaje kubona itike amenyekanye.

Ibihugu birimo u Burundi, Congo Kinshasa na Tanzania bishobora kubona itike mu mpera z’iki cyumweru, mu gihe Uganda yo yamaze kwizera kwerekeza mu Misiri muri Kamena.

Mu gihe amakipe 14 ari yo amaze kubona itike kugeza ubu, dore icyo imikino izaba ivuze muri buri tsinda:

Itsinda A

Muri iri tsinda, byose byamaze kurangira kuko Sénégal na Madagascar ari bo babonye itike yo gukomeza.

Sénégal iyoboye itsinda n’amanota 13 izigamye ibitego umunai, igakurikirwa na Madagascar ifite amanota 10 n’ibitego bibiri izigamye. Guinée Équatoriale ifite amanota atatu inganya na Sudani ya nyuma.

Itsinda B

Maroc yo yamaze kubona itike. Kuri Cameroun, bakeneye byibuze inota rimwe imbere y’Ibirwa bya Comores baza kuba bakina mu mpera z’iki cyumweru.

Iki gihugu cyambuwe kwakira iri rushanwa ry’uyu mwaka, gishobora kutabona umwanya wo kujya guhagarara ku gikombe cyegukanye mu 2017 nikiramuka kidatsinze uyu mukino kuko Comores yari yanasabye Urukiko rwa Siporo (TAS) ko Cameroun yasezererwa kuko yambuwe uburenganzira bwo kwakira CAN 2019, itsinze niyo yabona itike.

Maroc iyoboye itsinda B n’amanota 10. Cameroun ni iya kabiri n’amanota umunani nta gitego izigamye mu gihe Ibirwa bya Comores biri ku mwanya wa gatatu n’amanota atanu bifite umwenda w’igitego kimwe naho Malawi ni iya nyuma n’amanota ane.

Itsinda C

Uretse Mali yamaze kubona itike, ikindi guhugu gitegerejwe kuboneka hagati y’u Burundi na Gabon zizisobanura hagati yazo mu mukino uzabera i Bujumbura kuri uyu wa Gatandatu. Biroroshye ku Barundi basabwa kunganya mu gihe Gabon ya Pierre-Emerick Aubameyang isabwa gutsindira hanze.

Mali iyoboye itsinda n’amanota 11, u Burundi bufite amanota icyenda ku mwanya wa kabiri, Gabon amanota arindwi ku mwanya wa gatatu mu gihe Sudani y’Epfo ifite amanota nta nota na rimwe mu mikino itanu imaze gukina.

Itsinda D

Muri iri tsinda birasa n’ibitoroshye kuko uretse Algérie yabonye itike, andi makipe yose uko ari atatu biracyashoboka ko yajyana nayo. Gusa biroroshye kuko uzatsinda hagati ya Bénin na Togo, azajyana na Algérie. Aya makipe aramutse anganyije, Gambia igatsinda Algérie, niyo yakomeza. Gambia nidatsinda, Bénin izaba ihagijwe no kunganya.

Algeria iyoboye itsinda n’amanota 10, Bénin ifite amanota arindwi ku mwanya wa kabiri, Togo na Gambia zikanganya amanota atanu ku mwanya wa gatatu n’uwa kane.

Itsinda E

Libya na Afurika y’Epfo zigiye gukina umukino umeze nk’uwa nyuma w’igikombe bahatanira guherekeza Nigeria muri iri tsinda, yo yamaze kubona itike.

Muri uyu mukino uzabera muri Tunisie, Bafana Bafana ya Afurika y’Epfo ikeneye kunganya, gusa kuko Libya yabacaho mu gihe yaba yatsinze.

Nigeria iyoboye itsinda n’amanota 10, Afurika y’Epfo ifite amanota icyenda izigamye ibitego umunani, Libya ifite amanota arindwi izigamye ibitego bitandatu mu gihe Seychelles ifite inota rimwe.

Itsinda F

Muri iri tsinda byamaze kurangira kuko Kenya na Ghana zabonye itike nyuma yo gukurwa mu marushanwa kwa Sierra Leone mu Ukuboza umwaka ushize kubera ibihano yafatiwe na FIFA.

Kenya iyoboye itsinda n’amanota arindwi, Ghana ifite amanota atandatu ku mwanya wa kabiri mu gihe Ethiopie ifite inota rimwe ku mwanya wa gatatu.

Itsinda G

Amakipe yose uko ari ane afite amahirwe yo gukomeza mu biganza . Congo Kinshasa izakira Libéria, Congo Brazzaville yakire Zimbabwe.

Zimbabwe ifite amanota umunani, Libérie amanota arindwi, Congo Kinshasa amanota atandatu mu gihe Congo Brazzaville ifite amanota atanu.

Itsinda H

Guinée na Côte d’Ivoire zombi zamaze kubona itike.

Guinée ifite amanota 11, Côte d’Ivoire amanota umunani n’ibitego bine izigamye, Centrafrique ifite amanota atanu n’umwenda w’ibitego bine mu gihe u Rwanda rufite amanota abiri.

Itsinda I

Angola iri mu mwanya mwiza wo guherekeza Maurtania mu gikombe cya Afurika, ariko Burkina Faso nayo ntabwo irakurayo amaso.

Maurtanie ifite amanota 12, ikurikiwe na Angola ifite amanota icyenda, Burkina Faso ifite amanota arindwi ku mwanya wa gatatu mu gihe Botswana ifite inota rimwe.

Angola irakirwa na Botswana yamaze gusezererwa mu gihe Burkina Faso ifite akazi katoroshye imbere ya Maurtanie yamaze kubona itike, imikino yombi iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu.

Itsinda J

Tunisie na Misiri izakira irushanwa, nibyo bihugu byabonye itike muri iri tsinda. Byombi bifite amanota 12 mu gihe Niger ifite amanota ane naho Eswatini ifite inota rimwe.

Itsinda K

Uretse Zambie yamaze gusezererwa, andi makipe yose aracyafite amahirwe. Guinée-Bissau izakina na Mozambique mu gihe Zambie izakina na Namibie.

Guinée Bissau ifite amanota umunani inganya na Namibie ya kabiri mu gihe Mozambique ifite amanota arindwi naho Zambie ifite amanota 4.

Itsinda L

Nyuma ya Uganda yabonye itike, andi makipe uko ari atatu biracyashoboka. Cap-vert igomba kwisobanura na Lesotho mu gihe Tanzanie izakira Uganda ku munsi wa nyuma. Lesotho na Tanzanie zifite amahirwe yazo mu biganza byazo aho basabwa gutsinda.

Uganda iyoboye itsinda n’amanota 13, ikurikiwe na Lesotho na Tanzanie zombi zifite amanota atanu n’umwenda w’ibitego bibiri mu gihe Cap-vert ifite amanota ane.

Gahunda y’imikino y’umunsi wa 6 w’amatsinda yo gushaka itike ya CAN 2019

Ku wa Gatanu tariki ya 22 Gashyantare

  15:00 : Malawi vs Maroc, i Blantyre (Itsinda B)
  17:00 : Nigeria vs Seychelles, i Asaba (Itsinda E)
  19:00: Botswana vs Angola, i Francistown (Itsinda I)
  19:00: Burkina Faso vs Mauritanie, i Ouagadougou (Itsinda I)
  19:00: Soudan vs Guinée équatoriale, i Omdurman (Itsinda A)
  20:15 : Tunisie vs Eswatini, i Radès (Itsinda J)
  21:45 : Algérie vs Gambie, i Blida (Itsinda D)

Ku wa Gatandatu tariki ya 23 Werurwe
  13:00 : Burundi-Gabon, i Bujumbura (Itsinda C)
  15:00 : Cameroun-Comores, i Yaoundé (Itsinda B)
  15:30: Niger-Misiri, i Niamey (Itsinda J)
  16:30: Guinée-Bissau-Mozambique, i Bissau (Itsinda K)
  16:30: Zambie-Namibie, i Lusaka (Itsinda K)
  17:00 : Côte d’Ivoire-Rwanda, i Abidjan (Itsinda H)
  18:00 : Ghana-Kenya, i Accra (Itsinda F)
  19:00 : Mali-Sudani y’Epfo, i Bamako (Itsinda C)
  19:00: Sénégal-Madagascar, i Thiès (Itsinda A)

Ku Cyumweru tariki ya 24 Werurwe

  15:00 : RD Congo vs Liberia, i Kinshasa (Itsinda G)
  15:00 : Zimbabwe vs Congo, i Harare (Itsinda G)
  16:00: Centrafrique vs Guinée, i Bangui (Itsinda H)
  17:00: Bénin vs Togo, i Cotonou (Itsinda D)
  17:00 : Cap-Vert vs Lesotho, i Praia (Itsinda L)
  17:00 : Tanzanie vs Ouganda, i Dar es Salaam (Itsinda L)
  19:00 : Libye vs Afrique du Sud, i Sfax (Tunisie) (Itsinda E)

Amakipe 14 yamaze kubona itike: Algérie, Côte d’Ivoire, Misiri (Nibo bazakira irushanwa), Ghana, Guinée, Kenya, Madagascar, Mali, Maroc, Mauritanie, Nigeria, Uganda, Sénégal na Tunisie.

Abashobora kubona itike (abonekamo 10) : Cameroun, Comores, Gabon, Burundi, Bénin, Togo, Gambie, Afurika y’Epfo, Libye, Zimbabwe, Liberie, RDC, Congo, Angola, Burkina Faso, Guinée Bissau, Namibie, Mozambique, Lesotho, Tanzanie, Cap Vert.

Amakipe yamaze gusezererwa: Guinée Equatoriale, Sudani, Malawi, Sudani y’Epfo, Seychelles, Ethiopie, Sierra Leone, Centrafrique, Rwanda, Botswana, Niger, Eswatini (yahoze yitwa-Swaziland) na Zambie.

Tanzania ifite akazi katoroshye ko gutsinda Uganda niba ishaka itike ya CAN 2019
U Burundi burasabwa nibura inota rimwe imbere ya Gabon
Congo Kinshasa irasabwa gutsinda Liberie kugira ngo ibone itike

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages