00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

CAN U-17: Cameroun na Tanzania zisanga kwitegurira mu Rwanda bizazifasha kwitwara neza

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 1 April 2019 saa 05:51
Yasuwe :

Amakipe ya Tanzania na Cameroun mu batarengeje imyaka 17, akomeje kwitegura imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika, aho bari gukina imikino ya gicuti iri kubera mu Rwanda.

Iri rushanwa ryahuje ikipe y’u Rwanda, iya Tanzania n’iya Cameroun ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ku bufatanye na Kompanyi ya siporo yo mu gihugu cya Cameroun ishinzwe gushakira amakipe y’ibihugu n’andi asanzwe imikino ya gishuti (BINEWA).

Nyuma y’uko u Rwanda ruhuye na Cameroun mu mukino wabaye kuwa Gatanu, Amavubi U-17 agatsindwa ibitego 3-1, kuri uyu wa Mbere imikino irakomeza ku munsi wayo wa kabiri, aho Tanzania yisobanura na Cameroun mu gihe umukino usoza irushanwa uzahuza u Rwanda na Tanzania ku wa Kane.

Umutoza wa Cameroun; Thomas Lubih yabwiye itangazamakuru ko iyi mikino ari ingenzi ndetse izafasha ikipe ye kujya mu gikombe cya Afurika iri ku rwego rwiza.

Ati “Ntabwo watsinda udafite imyitozo ihagije cyangwa ngo ukine n’abandi mudahuje imyitozo ngo urebe niba ibyo witoje ari byiza. Turashima FERWAFA n’abo bafatanyije gutegura iyi mikino kuko twe nk’abatekinisiye biradufasha kubona uwo mukino ukipima ukareba.”

“Tuzava mu Rwanda tujya muri Tanzania ahazabera irushanwa, icyo nizeye ni uko abakinnyi banjye bazisanga mu irushanwa hakiri kare kuko twuteguye neza kandi amakipe turi kumwe hano mu mikino ya gicuti ni meza, ni umwiteguro mwiza kuri Cameroun.”

Ku ruhande rwa Tanzania, umutoza wayo; Oscar Milambo we yavuze ko iri rushanwa ry’abatarengeje imyaka 17 bariha agaciro gakomeye kuko amakipe arimo azabafasha kugira urwego rwiza mu irushanwa bazakira mu byumweru bibiri biri imbere.

Ati ”Ubona ko amakipe ari muri iyi mikino akomeye, narebye uko u Rwanda na Cameroun bakinnye. Ni ikintu cyiza ku batekereje ku mikino nk’iyi kuko nk’abatoza biradufasha cyane mu gutegura imikino iri imbere, bizadufasha kwitwara neza mu gikombe cya Afurika kizabera iwacu muri Tanzania.”

Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Tanzania y’abatarengeje imyaka 17 yavuze ko ikipe ye yiteguye kwitwara neza, bagatera ikirenge mu cy’ikipe y’igihugu nkuru yabonye itike ya CAN 2019 ndetse na Simba SC yageze muri ¼ cya CAF Champions League.

Tanzania izakira imikino ya nyuma ya CAN 2019 mu batarengeje imyaka 17, izatangira guhera tariki ya 14 kugeza ku ya 28 Mata 2018. Amakipe ane ya mbere muri iri rushanwa, azitabira imikino y’igikombe cy’Isi kizabera muri Brésil.

Oscar Milambo utoza Tanzania y'abatarengeje imyaka 17
Thomas Lubih utoza Cameroun y'abatarengeje imyaka 17
Kapiteni wa Cameroun mu kiganiro n'abanyamakuru
Kapiteni wa Tanzania yizeye ko bazitwara neza mu gikombe cya Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages