Kuri iki Cyumweru hakinwe imikino yo mu itsinda A aho Gor Mahia na Al Khartoum banganya amanota 7 naho Yanga ifite 6.
Yanga Africans yatsinze Al Khartoum igitego 1-0 cy’Umurundi Amissi Tambwe baba aba kabiri mu itsinda nyuma y’aho Gor Mahia itsindiye Telecom Djibouti 3-1.
Sibomana Abuba ntiyakinnye uyu mukino kuko yari yahagaritswe kubera amakarita abiri y’umuhondo.
Gor Mahia yayoboye itsinda ikurikirwa na Yanga mu gihe Al Khartoum ya gatatu izahura n’iya mbere mu itsinda B rya APR FC itaratsinzwe umukino n’umwe muri itatu yakinnye.
Azam FC ya Mugiraneza Jean Baptiste yabaye iya mbere mu itsinda C idatsinzwe izahura na Yanga Africans yabaye iya kabiri mu itsinda, zombie ni izo muri Tanzania.
Gor Mahia ya mbere mu itsinda A izahura na Al Malakia yo muri Sudani y’Epfo yabonye itike nk’ikipe yatsinzwe neza (best looser) naho KCC ya Sam Ssimbwa ya kabiri mu itsinda C ikine na Al Ahly Shendy yaguye mu ntege APR FC.
Gahunda y’imikino ya ¼ cya CECAFA Kagame cup
Kuwa Kabiri, tariki ya 28 Nyakanga 2015
Gor Mahia (Kenya) Vs Malakia (Sudani y’Epfo)
APR FC (Rwanda) Vs Al Khartoum (Sudani)
Kuwa Gatatu, tariki ya 29 Nyakanga 2015
Azam FC (Tanzania) Vs Yanga (Tanzania)
KCC FC (Uganda) Vs Al Shandy (Sudan)



















TANGA IGITEKEREZO