00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Champions League: Manchester United yasezerewe, Cristiano Ronaldo aca agahigo

Yanditswe na

Manzi Lema Jules

Kuya 9 December 2015 saa 09:31
Yasuwe :

Imikino ya Champions League yari yaraye ikomeje, ikipe ya Manchester United irasezererwa, Real Madrid inyagira Malmo, Manchester City bwa mbere iyobora itsinda.

Ikipe ya Manchester United yari yagiye mu Budage ku kibuga cya Wolfsburg aho yasabwaga gutsinda gusa igahita ibona itike iyisohora mu matsinda ariko ntibyayihiriye kuko nubwo Anthony Maritial yafunguye amazamu ku munota wa 10, nyuma y’iminota itatu gusa, Naldo wa Wolfsburg yahise yishyura.

Ku munota wa 29, Vieirinha wa Man United yashyizemo icya kabiri mbere y’uko Josuha Guilavogui wa Wolfsburg nawe yitsinda bikaba 2-2. Ku munota wa 84, Naldo yatsinze icya gatatu, icyizere gihita kiyoyoka ku bakunzi ba Manchester.

Ibi bivuze ko Man United izakomereza urugendo rwayo rwo ku mugabane w’i Burayi mu irushanwa rya Europa League ikazajya ikina kuwa Kane ibintu byababaje abakunzi bayo batari bake ku Isi.

Mu gihe Man United irira, mukeba wayo Man City yaraye mu byishimo kuko mu mateka ni ubwa mbere ibashije kuyobora itsinda nyuma yo gutsinda Borussia Monchengladbach 4-2 mu mukino utari woroshye.

Iyi ntsinzi yabonetse ku bitego bya David Silva, Raheem Sterling watsinze bibiri na Wilfried Bony byahesheje Man City kurangiza iyi mikino ifite amanota 12 imbere ya Juventus yatsinzwe na Sevilla ikagira 11 gusa naho Sevilla ikazakina Europa League.

Ikipe ya Real Madrid yo yanyagiye Malmo yo muri Suwede ibitego 8-0 harimo bine bya Cristiano Ronaldo byatumye yuzuza ibitego 88 muri Champions League bitigeze bikorwa n’undi muntu wese mu mateka ndetse aba n’umukinnyi wa mbere wa Real Madrid utsinze ibitego 4 mu mukino umwe wa Champions League.

Ibindi bitego byatsinzwe na Karim Benzema winjije bitatu, ikindi gistindwa na Mateo Kovavic byatumye izamuka iyoboye itsinda naho PSG iba iya kabiri naho Shakhtar Donetsk ikazakina Europa League.

Uyu munsi amakipe yo mu Bwongereza arakomerewe cyane kuko yose asabwa gutsinda imikino yayo ariko by’umihariko Arsenal iraba yasuye Olympiakos ikaba isabwa gutsinda ibitego biri hejuru ya bibiri nibura.

Imikino yose yabaye:

Real Madrid 8-0 Malmo
Paris St-Germain 2-0 Shakhtar Donetsk
PSV 2-1 CSKA Moscow
Wolfsburg 3-2 Manchester United
Benfica 1-2 Atletico Madrid
Galatasaray 1-1 Astana
Manchester City 4-2 Borussia Monchengladbach
Sevilla 1-0 Juventus

Imikino iteganyijwe uyu munsi:

Bayern Levkn vs Barcelona
Olympiakos vs Arsenal
Chelsea vs FC Porto
Valancia vs Lyon
AS Roma vs Bate Bor
Dinamo Zagreb vs Bayern Munich
Dynamo Kiev vs Maccabi Tel-Aviv
KAA GentvsZenit St P

Ku munota wa cumi gusa, Martial yafunguye amazamu ariko ibyishimo bye ntibyatinze
Wolfsburg yahise yishyura nyuma y'iminota itatu gusa
Abafana ba Manchester United ntibishimiye uburyo ikipe yabo yitwaye
Cristiano Ronaldo yatsinze ibitego bine mu mikino
Ronaldo yahise aca agahigo aho yujuje ibitego 88 muri aya marushanwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages