Umukino wari witabiriwe n’abafana benshi ba Congo Kinshasa bari bitwaje amabendera y’igihugu cyabo bashyigikiye ikipe kuva ku munota wa mbere kugeza umukino urangiye.
Ethiopia yatangiye yihagararaho ariko ntibyatinda kuko abakinnyi ba Congo bari baherutse gutsindwa n’Amavubi mu mukino wa gishuti, bahise bagaruka mu mukino batangira kwiharira umukino ariko bisaba umunota wa 44 kugira ngo igitego cya mbere kiboneke.
Mu gice cya kabiri, Congo yagarukanye imbaraga nk’uko byari bimeze mu gice cya mbere, maze ku munota wa 46 Meschack atera ishoti rikomeye umuzamu wa Ethiopia arikuramo, ariko Hertier Luvumbu awusongamo, Congo iba ibonye igitego cya kabiri.
Ku munota wa 56, Nelson Munganga yashyizemo igitego cya gatatu ari nako umukino warangiye ari bitatu ku busa.
Abakinnyi babanjemo ku mpande zombi
DR Congo
Ley Matampi, Junior Baometu, Joyce Lomalisa, Padou Bompunga, Meschak Elia, Hertier Luvumbu, Nelson Munganga, Merveille Bope,Joel Kimwaki( c) Guy Lusadisu, Jonathan Bolingi Mpangi
Ethiopia
Abel Mamo, Tesfaye, Anteneh Tesfaye, A. Tamene, T. Dejene, T. Alebechew, Assefa , Panomo, Mamo, T. Tesfaye , R. Lokk



















TANGA IGITEKEREZO