Côte d’Ivoire yari mu itsinda rimwe n’u Rwanda ikazamuka ari iya kabiri inyuma y’Amavubi ishobora kubona amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma, igihe yakwitwara neza uyu munsi nubwo yatangiye iri rushanwa itsindwa.
Côte d’Ivoire yageze muri ½ nyuma yo gusezerera Cameroun muri ¼ ikaba imaze no gutsindwa umukino umwe gusa kuva irushanwa ryatangira, umukino yatsinzwe n’u Rwanda igitego kimwe ku busa ku munsi wa mbere.
Mali yo yaratunguranye cyane isezerera muri ¼ igihangange Tunisia, ifite igikombe cya CHAN cya 2011 iyitsinze ibitego bibiri kuri kimwe.
Aya makipe araza kwishakamo imwe igomba gusanga DR Congo ku mukino wa nyuma yo yaraye isezereye Guinea kuri penaliti nyuma y’uko amakipe yombi yari yaguye miswi mu minota 90 y’umukino ndetse ntabashe no kwisobanura mu minota 30 y’inyongera bakanganya igitego kimwe kuri kimwe.
Umukino wa Côte d’Ivoire na Mali urasifurwa n’Umunya-Misiri, Nlourredin Ibrahim nk’umusifuzi wo hagati, afatanyije na Marengula Arsenio wo muri Angola na Ahmed Hossam wo mu Misiri nk’abasifuzi bo ku mpande, naho Bamlak Tessema wo muri Ethiopia araba ari umusifuzi wa kane.
Ikipe ibasha gukomeza izahura na DR Congo ku mukino wa nyuma ku Cyumweru tariki ya 7 Gashyantare 2016 saa kumi n’ebyiri n’igice naho itsindwa izahura na Guinea bahanganira umwanya wa gatatu saa Cyenda, imikino yose izabera kuri Stade Amahoro i Remera.



















TANGA IGITEKEREZO