Uyu munsi nta myitozo y’amakipe yabereye kuri stade Amahoro nk’uko bisanzwe bizwi ko mbere yo gukina umukino mpuzamahanga, buri kipe ibanza gukorera imyitozo ku kibuga izakiniraho kugira ngo ikimenyere.
Kuri iyi stade hateraniye Amatorero azasusurutsa abazitabira iri rushanwa, gusubiramo bwa nyuma imbyino zitandukanye bazaserukana.
Umuhanzikazi Nzayisenga Sophie umenyerewe ku murya w’inanga akaba n’umwe mu bitozaga kuzaseruka mu muco gakondo yavuze ko anejejwe cyane no kuba yaratoranijwe nk’umuhanzi wahagararira igihugu ku munsi udasanzwe ndetse ubaho gake mu mateka.
Yagize ati:” Ni iby’igikundiro kandi birashimishije cyane kuba twakiriye CHAN. Muri macye, navuga ko ari umuhigo u Rwanda rwesheje. Ikindi, ni ibyishimo kuri njye kuba ndi mu bahanzi igihugu cyagiriye icyizere bazaza kwakira abashyitsi. Buri Munyarwanda yari akwiriye kuziyizira kureba ibyiza bizaba biri hano ejo , kuko ni umunsi ubaho gake. Ntidukwiye kwitesha ayo mahirwe.”
Bazatsinda Thomas, utoza Itorero Urukerereza na ryo rizasusurutsa abitabiriye CHAN mu mbyino gakondo zo mu Rwanda ndetse bakanakira buri gihugu mu muco wacyo, we yabwiye IGIHE ko imyiteguro yabo yagenze neza cyane ku buryo asanga Umunyarwanda utazaba kuri Stade Amahoro ejo azaba ahombye cyane, ndetse nta yandi mahirwe nk’ayo azongera kubona.
Yagize ati:“Umukino Urukerereza rwateguye utekerejwe ku buryo ugaragaza ko u Rwanda rwogeye ku Isi hose mu kwakirana abashyitsi ubwuzu n’urugwiro ,ku buryo mu gihe cyo gutaha bazagenda baseta ibirenge badashaka kugenda, kandi bagera iwabo bagakumbuza abavandimwe babo gusura u Rwanda rw’imisozi igihumbi.”
Ikindi muri uyu mukino hagaragaramo ababyinnyi 11 baserukira Amavubi bagiye gusanganira bagenzi babo bo mu bihugu 15 byitabiriye CHAN. Noneho bya bihugu byose bikaza bihagarariwe n’amatsinda 15, buri rimwe igizwe n’abantu 11 noneho Amavubi akaza abasanganira mu njyana ya Kinyarwanda, ariko babanyamahanga bakaza mu njyana z’iwabo.
CHAN izatangira ku mugaragaro kuri uyu wa Gatandatu itariki 16 Mutarama 2016 hakinwa umukino utegerejwe cyane na benshi ,uzahuza ikipe y’igihugu Amavubi n’ikipe y’igihugu ya Cote d’Ivoire.
Biteganyijwe ko abantu bazaba batangiye kwinjira ku kibuga saa sita, bagasusurutswa n’abahanzi batandukanye nka Jay Polly, Knowless, itsinda rya Charry na Nina n’abandi.



















TANGA IGITEKEREZO