00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuherwe wa Chelsea FC yabyukije imishinga ayifitiye aho kuyishyira ku isoko

Yanditswe na Manzi Rema Jules
Kuya 27 August 2018 saa 12:53
Yasuwe :

Ikipe ya Chelsea yahakanye amakuru yavugaga ko umuherwe Roman Abramovich ashaka kuyigurisha kubera ibibazo bya politike.

Kuri iki Cyumweru Daily Mail yari yatangaje ko Umurusiya Roman Abramovich yashyizeho banki ya ‘New York Bank Raine Group’ yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ngo ihe agaciro Chelsea inamugire inama z’uko yayigurisha.

Iki kinyamakuru cyavugaga ko iyi kipe Abramovich yaguze mu 2003 ayitanzeho miliyoni 140 z’ama-pound, ubu ihagaze ku gaciro ka miliyari ebyiri z’ama-pound (£2billion) asaga miliyari 2252 mu mafaranga y’u Rwanda.

Umwe mu bayobozi b’iyi kipe yahise ahakana ayo makuru, avuga ko New York Bank Raine Group yagizwe umujyanama mu kwiga ku mikorere mishya y’iyi kipe.

Uyu muyobozi yatangaje ko ahubwo Roman Abramovich ari hafi gusubukura umushinga uzatwara miliyoni 500 z’ama-pound wo kuvugurura Stade y’iyi kipe izwi nka ‘Stamford Bridge’.

Mu gihe izaba ivuguruwe izagira ubushobozi bwo kwakira abafana ibihumbi 60 bavuye kuri 41,631.

Kuva Roman Abramovich yagura Chelsea yayishyizemo miliyari zisaga ebyiri n’igice z’ama-pound ayubaka, akaba yarayihesheje ibikombe bitanu bya shampiyona, bitanu bya FA Cup, bitatu bya Football League Cup, Champions League imwe na Europa League imwe.

Byavugwaga ko Roman Abramovich agiye kugurisha Chelsea
Bivugwa ko Stade ya Chelsea igiye kuvugururwa ikongererwa ibyicaro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages