Ku myaka 26, myugariro wa Crystal Palace n’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, Maxence Lacroix, ashobora kuba ari mu gihe cye cyiza cyo gukina. Icyakora, kuba Chelsea imushaka ku gaciro ka miliyoni 52 z’Amapawundi byerekana ko ari mukuru ugereranyije n’abakinnyi iyi kipe iheruka kugura.
Hashize imyaka ibiri Chelsea itagura umukinnyi urengeje imyaka ya Lacroix. Uheruka kumurusha imyaka ni Tosin Adarabioyo wageze muri iyi kipe afite imyaka 27.
Ku rundi ruhande, rutahizamu wa Brighton, Danny Welbeck, afite imyaka 35 kandi akaba yifuza kwerekeza i Stamford Bridge, mu gihe umukinnyi wo hagati wa Brentford n’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Jordan Henderson, afite imyaka 36.
Kugera kwa Welbeck muri Chelsea bishobora gutuma asimbura Liam Delap w’imyaka 23, mu bakinnyi umutoza yifashisha mu ikipe nkuru. Delap yari umwe mu bakinnyi bato bafite impano muri Premier League nyuma y’uko Chelsea imukuye muri Ipswich Town mu mwaka ushize.
Ese ibi ni ikimenyetso cy’uko Chelsea yahinduye uburyo bwo gushaka abakinnyi, igatangira gushyira imbere abafite ubunararibonye kurusha gukinisha abakiri bato?
Mu mpeshyi ya 2022 - Tuchel yarebye ku bafite bunararibonye
Mu mezi yakurikiye kugurwa kwa Chelsea mu myaka ine ishize, Umutoza wayo icyo gihe, Thomas Tuchel, yatangiye gushora amafaranga menshi ku isoko ry’abakinnyi.
Umukinnyi wa mbere ukomeye yaguze ni Raheem Sterling wari ufite imyaka 27, wavuye muri Manchester City ku mafaranga ashobora kugera kuri miliyoni 50 z’Amapawundi arimo n’inyongera zishingiye ku musaruro.
Nyuma yo gutwara ibikombe bine bya Premier League hamwe na City no gufasha u Bwongereza kugera muri ½ cy’Igikombe cy’Isi cya 2018, benshi bari bafite icyizere ko Sterling azagira uruhare rukomeye mu kwitwara neza kwa Chelsea.
Icyakora, urugendo rwe muri Chelsea ntirwagenze neza. Nubwo hari imikino yagaragajemo ubuhanga bwe, Sterling yagize ibibazo byo kudahozaho mu kibuga n’imvune, mu gihe ikipe yarangije ku mwanya wa 12 muri Premier League ya 2022/23.
Uyu mukinnyi byavugwaga ko ahembwa arenga ibihumbi 300 y’Amapawundi mu cyumweru, umusaruro we ntiwigeze ugera ku rwego rwari rwitezwe. Yavuye muri Chelsea ku buntu muri Mutarama 2026.
Undi ni Kalidou Koulibaly wavuye muri Napoli kuri miliyoni 33 z’Amapawundi, ariko na we ntibyagenze neza. Uyu Munya-Sénégal wafatwaga nk’umwe muri ba myugariro beza i Burayi, yavuye muri Chelsea nyuma y’umwaka umwe gusa yerekeza muri Al-Hilal yo muri Arabie Saoudite.
Pierre-Emerick Aubameyang na we ni undi mukinnyi mukuru igihe cye i Stamford Bridge cyabaye gito. Uyu rutahizamu wahoze akinira AC Milan, Borussia Dortmund na Arsenal, yageze muri Chelsea avuye muri FC Barcelone kuri miliyoni 10,3 z’Amapawundi, ku munsi wa nyuma w’isoko ryo mu mpeshyi ya 2022.
Aubameyang yari afite imyaka 33 ubwo yageraga muri Chelsea, ariko ntiyabasha gutanga umusaruro kubera kutabona umwanya uhagije wo gukina ubwo hatozaga Graham Potter na Frank Lampard. Na we yavuye muri iyi kipe ku buntu.
Nyuma ya 2022 - Chelsea yerekeje ku bakinnyi bato
Nyuma y’uko akayabo Chelsea yashoye kuri aba bakinnyi bakuru kadatanze umusaruro ukwiye, ntibyatunguranye kuba Chelsea yarahinduye gahunda, igatangira kwibanda ku kugura abakiri bato.
Muri Mutarama 2023, Chelsea yaguze Enzo Fernández wari umaze gutwara Igikombe cy’Isi na Argentine, imukuye muri Benfica kuri miliyoni 107 z’Amapawundi, icyo gihe akaba yari amaze iminsi ibiri gusa yujuje imyaka 22.
Mu mwaka w’imikino wa 2024/25 na 2025/26, Fernández yatanze imipira yavuyemo ibitego 24 mu marushanwa yose, harimo n’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe. Muri Premier League, yari inyuma ya Bruno Fernandes na Mohamed Salah muri icyo cyiciro.
Nyuma y’amezi arindwi gusa, Chelsea yongeye gushora amafaranga menshi igura Moisés Caicedo wavuye muri Brighton. Uyu Munya-Equateur yari afite imyaka 21.
Agaciro ke ka miliyoni 100 z’Amapawundi gashobora kuzamuka kakagera kuri miliyoni £115, ariko mu ntangiriro byagaragaraga ko kari gakabije kubera ko uburyo Caicedo yagowe no kwisanga i Stamford Bridge.
Nyuma y’igihe, Caicedo yigaragaje nk’umwe mu bakinnyi bo hagati beza muri Premier League. Mu mwaka ushize w’imikino, yari umwe mu bakinnyi bayoboye abandi mu kwambura imipira aho yagize 59 anganya na James Garner wa Everton.
Miliyoni 40 z’Amapawundi Chelsea yahaye Manchester City igura Cole Palmer muri Nzeri 2023 na yo yagaragaye nk’ishoramari ryiza. Palmer yari afite imyaka 21 icyo gihe, ndetse yahise aba umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri Chelsea mu mwaka we wa mbere.
Kuva ageze muri Premier League, Palmer amaze gutsinda ibitego 47, aho ari inyuma gusa na Erling Haaland (76), Mohamed Salah (54) na Ollie Watkins (51).
Mykhailo Mudryk na we yari afite imyaka 22 ubwo Chelsea yamuguraga muri Shakhtar Donetsk kuri miliyoni £62 ashobora kuzamuka akagera kuri miliyoni £89 harimo n’inyongera.
Uyu Munya-Ukraine w’imyaka 25 ubu amaze igihe kinini adakina kubera gukoresha ibiterambaraga bitemewe muri siporo bigatuma ahagarikwa by’agateganyo kuva mu Ukuboza 2024. Nyuma yaje guhabwa igihano cyo kumara imyaka ine adakina n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza, ariko akaba yarajuririye icyo cyemezo.
João Félix na we ntiyabashije kugaragaza byinshi muri Chelsea mu myaka ibiri yayikinnyemo. Yageze muri iyi kipe ku ntizanyo mu 2023 afite imyaka 23, ariko umukino we wa mbere warangiye ahawe ikarita itukura.
Nyuma y’umwaka umwe, Chelsea yamugize umukinnyi wayo burundu ariko ntiyabasha kugaragaza ko akwiye amafaranga agera kuri miliyoni £45 yamutanzweho. Yaje kugurishwa muri Al-Nassr nyuma yo gutsinda igitego kimwe gusa mu mikino 12 ya Premier League.
Wesley Fofana na we wavuye muri Leicester kuri miliyoni £70 afite imyaka 21, amaze igihe ahanganye n’imvune muri Chelsea.
Uyu Munya-France utaratoranyijwe mu Ikipe y’Igihugu iheruka mu Gikombe cy’Isi, ashobora kuba umwe mu bakinnyi bazigwaho mu gihe Chelsea ishaka kugabanya umubare w’abakinnyi ifite.
Chelsea ishaka kongeramo abakinnyi bafite ubunararibonye
Ku ikipe yashoye amafaranga menshi nka Chelsea, ntibitangaje kuba abafana bayifitiye impungenge kubera umusaruro muke wabonetse ugereranyije n’amafaranga yakoreshejwe.
Kuba yarasoreje ku mwanya wa 12 muri Premier League mu 2022/23, ari wo mwaka wa mbere nyuma yo kugurwa n’ikigo BlueCo, byabaye igihombo gikomeye.
Nyuma yaho habayeho impinduka nziza, aho yasoje ku mwanya wa gatandatu n’uwa kane mu myaka y’imikino yakurikiyeho, ariko gusoreza ku mwanya wa 10 mu mwaka ushize byongeye guteza impungenge.
Kuva mu 2022, Chelsea yatwaye ibikombe bibiri gusa: UEFA Conference League n’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe.
Ariko ku bayobozi bafite intego nini kuri iyi kipe, birashoboka ko bumva ko ibyo bagezeho bitarahura n’ibyo bari biteze.
Igihe cya Alonso - kongera kugura abakinnyi bahita batanga umusaruro
Ukurikije uburyo yagiye akoresha mu kazi ke ko gutoza, umutoza Xabi Alonso akunda kuvanga abakinnyi bakiri bato n’abafite ubunararibonye.
Muri Bayer Leverkusen, mu mwaka w’imikino wa 2023/24, Alonso yaguze abakinnyi bane bari barengeje imyaka 27. Muri bo harimo Granit Xhaka na Alejandro Grimaldo, babaye inkingi za mwambwa mu ikipe yatwaye Bundesliga.
Mu mwaka wakurikiyeho, yongeye kugura abandi bakinnyi bane barengeje imyaka 27. Birashoboka ko Chelsea na yo igiye gukurikiza inzira nk’iyo.
Nyiri Chelsea, Behdad Eghbali, yavuze ko iyi kipe izakora "impinduka nto" mu buryo ikoramo, ikongera ubunararibonye mu bakinnyi bakiri bato yizera ko ari umusingi ukomeye w’ikipe, barimo Cole Palmer, Moisés Caicedo na Levi Colwill.
Kugura Danny Welbeck bishobora kuba ikindi kimenyetso cy’izi mpinduka.
Iki cyemezo cyaje nyuma yo kugerageza kugura umukinnyi wo hagati w’imyaka 33, Granit Xhaka, ukina muri Sunderland, ariko iyi kipe ikaba yaranze kumugurisha.
Nubwo kugura Morgan Rogers w’imyaka 23 bihuye na gahunda ya Chelsea yo kugura abakiri bato, uyu mukinnyi azayongeramo ubunararibonye afite muri Premier League.
Kugura Welbeck bishobora gutuma iyi kipe igira abakinnyi benshi mu busatirizi, mu gihe itazakina amarushanwa y’i Burayi muri uyu mwaka w’imikino, bityo ikaba idakeneye abakinnyi benshi cyane.
Ku myaka ye, Welbeck ashobora kuba yiteguye kuba umukinnyi usimbura João Pedro, ariko kugurwa kwe bishobora guteza ibibazo abandi bakinnyi basatira.
Nicolas Jackson ashobora kuva muri Chelsea, mu gihe Liam Delap na Emmanuel Emegha bizeye kubona amahirwe yo kwigaragaza mu gihe cya Alonso.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!