Nyuma yo gutsinda Uruguay ibitego 2-0 bya James Rodríguez wabaye rutahizamu w’irushanwa n’ibitego 5, Colombia izakina na Brazil muri ¼ kuwa Gatanu tariki ya 4 Nyakanga 2014.
Aya makipe yombi yakinaga abura ba rutahizamu bagenderaho, Luis Suarez wa Uruguay wahagaritswe imikino 9 naho Radamel Falcao yavunitse mbere y’iyi mikino.
Ku munota wa 28, Rodríguez watowe n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA) nk’umukinnyi mwiza w’amatsinda yatsinze igitego cya mbere ku mupira yatereye hanze y’urubuga ugakubita umutambiko ukidunda mu izamu rya Uruguay.
Igitego cya kabiri cya Colombia cyabonetse nyuma y’aho Pablo Armero ateye umupira kwa mu Juan Cuadrado wawugaruye n’umutwe mu rubuga, Rodríguez atsinda igitego cya gatanu muri iri rushanwa n’ibitego byinshi.
Rodríguez yabaye umukinnyi mwiza muri uyu mukino, ku nshuro ya mbere Colombia ibona itike ya ¼ cy’irangiza.
Rodríguez yabaye umukinnyi wa mbere mu gikombe cy’Isi utsinze muri buri mikino ine nyuma ya Ronaldo na Rivaldo mu 2002.
Uyu rutahizamu wa AS Monaco abaye umukinnyi wa mbere utsinze igitego mu mikino ine ye ya mbere y’igikombe cy’Isi.



















TANGA IGITEKEREZO