00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Confederation Cup: Rayon Sports yatomboye Rivers United yo muri Nigeria

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 21 March 2017 saa 11:22
Yasuwe :

Rayon Sports ihagarariye u Rwanda mu mikino Nyafurika yatomboye Rivers United yo muri Nigeria mu ijonjora rya nyuma ry’ibanze mbere yo kwerekeza mu mikino y’amatsinda muri CAF, Confederation Cup.

Tombora yabaye kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 21 Werurwe yabereye ku cyicaro cya CAF mu Mujyi wa Cairo mu Misiri.

Rayon Sports yakomeje mu ijonjora rya nyuma ikuyemo AS Onze Créateurs de Niaréla yo muri Mali nyuma yuko iki gihugu gifatiwe ibihano na FIFA bigatuma amakipe yose agihagarariye mu marushanwa mpuzamahanga asezererwa.

Ku rundi ruhande Rivers United yo yasezerewe muri Champions League ikuwemo na Al-Merreikh yo muri Sudan, mu buryo busa no kwirangaraho kuko yari yatsinze ibitego bitatu ku busa mu mukino ubanza wabereye Port Harcourt mbere yo kunyagirwa 4-0 mu wo kwishyura wabereye muri Sudan.

Ikipe izatsinda hagati ya Rivers United na Rayon Sports, izahita ikomeza mu matsinda ya CAF Confederation Cup ndetse ihabwe amadorali ya Amerika ibihumbi 275, akabakaba miliyoni 227 mu mafaranga y’u Rwanda.

Biteganyijwe ko imikino ibanza izaba hagati ya tariki 7- 9 Mata, iyo kwishyura ibe nyuma y’icyumweru kimwe hagati ya tariki 14-16 Mata 2017. Amakipe yasezerewe muri Champions League niyo azatangira yakira bivuze ko Rayon Sports umukino ubanza izawukinira muri Nigeria.

Rayon Sports amatariki izakinaho imikino yayo ashobora guhinduka kubera ko azahurirana n’icyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi kizatangira tariki 7 kugeza kuya 13 Mata 2017.

Ibyo wamenya kuri Rivers United igiye guhura na Rayon Sports

Rivers United F.C ni ikipe yo mu cyiciro cya mbere muri shampiyona y’umupira w’amaguru muri Nigeria. Yashinzwe mu 2016 nyuma yo guhuzwa kw’amakipe ya Sharks F.C na Dolphins F.C. Iyi kipe iherereye mu Mujyi wa Port Harcourt muri leta ya Rivers iherereye mu Majyepfo y’iki gihugu.

Iyi kipe yabaye iya kabiri muri shampiyona ishize, ikinira ku kibuga cyitwa Liberation Stadium giherereye mu gace ka Elekahia, gifite ubushobozi bwo kwakira abafana ibihumbi 30.

Ihuzwa ry’aya makipe abiri (Sharks F.C na Dolphins F.C) ryabaye nyuma y’uko mu 2015, Sharks F.C yari igeze mu makipe ashobora kumanuka mu cyiciro cya kabiri (yari iya 17), maze umuyobozi ushinzwe imikino muri leta ya Rivers ahitamo kuzihuza zibyara Rivers United ndetse inafata umwanya Dolphins F.C yariho muri shampiyona.

Dolphins F.C mu 2005 yitabiriye irushanwa rya CAF Confederation Cup ndetse itsindirwa ku mukino wa nyuma na FAR Rabat yo muri Maroc. Iyi kipe yanasheshwe ifite ibikombe bitatu bya shampiyona n’iby’igihugu bine.

Uko andi makipe yatomboranye muri CAF Confederation Cup

 Young Africans (Tanzania) vs MC Alger (Algérie )
 TP Mazembe (Congo Kinshasa) vs JS Kabylie (Algérie )
 AC Léopards (Congo Brazzaville) vs Mbabane Swallows (Swaziland)
 FUS Rabat (Maroc) vs MAS Fes (Maroc)
 Enugu Rangers (Nigeria) vs Zesco United (Zambia)
 ASEC Mimosas (Côte d’Ivoire)vs CF Mounana (Gabon)
 Réal Club Kadiogo (Burkinafaso) vs CS Sfaxien (Tunisie)
 Bidvest Wits (Afurika y’Epfo) vs Smouha SC (Misiri)
 CNAPS Sport (Madagascar) vs CRD Libolo (Angola)
 KCCA (Uganda) vs Al Masry (Misiri)
 Gambia Ports Authority (Gambia) vs Al Hilal Obeid (Sudan)
 As Port Louis 2000 vs Club Africain (Tunisie)
 Barrack Young Controllers (Liberia) vs Supersport United (Afurika y’Epfo)
 AS Tanda (Côte d’Ivoire) vs Platinum Stars (Afurika y’Epfo)
 Horoya AC (Guinea) vs IR Tanger (Maroc)

Rayon Sports irasabwa gutsinda Rivers United yo muri Nigeria igahita ikomeza mu mikino y'amatsinda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages