00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Darko Nović yemejwe nk’Umutoza Mushya wa APR FC

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 21 June 2024 saa 05:05
Yasuwe :

Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’Umutoza Mushya wa APR FC mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere.

Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Ikipe y’Ingabo yahaye ikaze Darko Nović itangaza ko yasinye amasezerano y’imyaka itatu.

Uyu mutoza yaraye ageze mu Rwanda mu gicuku cyo ku wa Gatanu, tariki 21 Kamena 2024, aho biteganyijwe ko akoresha n’imyitozo ye ya mbere.

Uyu mugabo w’imyaka 52, ni umwe mu bafite ubunararibonye ku Mugabane wa Afurika kuko yanyuze mu makipe arimo ES Sétif yo muri Algérie, US Monastir yo muri Tunisie n’Ikipe y’Igihugu ya Libya.

Nović ni we watozaga US Monastir ubwo yasezereraga na APR FC muri CAF Confederation Cup ya 2022/23.

APR FC ikomeje kwitegura umwaka mushya w’imikino iherutse gutangira imyitozo yagaragayemo abakinnyi bashya iheruka kugura nka Byiringiro Gilbert, Dushimimana Olivier Muzungu, Tuyisenge Arsène, Mugiraneza Frodouard na Ruhamyankiko Ivan wazamuwe mu ikipe ya mbere.

Akanyamuneza kari kose ku Mutoza Darko Nović na Chairman wa APR FC, Col Richard Karasira
Umutoza Darko Nović yasinye amasezerano y'imyaka itatu
Chairman wa APR FC, Col Richard Karasira ashyikiriza umwambaro w'ikipe Umutoza Darko Nović

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages