00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Drake yategeye Argentine gutwara Igikombe cy’Isi, abafana bamushinja kuyitera umwaku

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 19 July 2026 saa 08:57
Yasuwe :

Drake ari guterwa imijugujugu na bamwe mu bafana b’umupira w’amaguru by’umwihariko ab’Ikipe y’Igihugu ya Argentine, nyuma y’uko ayitegeye ko itsinda iya Espagne mu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Uyu muhanzi yanyuze ku mbuga nkoranyambaga ze, asangiza abamukurikira ubutumwa bugaragaza ko yateze miliyoni 1,5$, yemeza ko Argentine yegukana intsinzi kuri uyu mukino.

Ni umukino utegerejwe kuri uyu wa 19 Nyakanga 2026, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, i New Jersey ku kibuga cya MetLife Stadium.

Abafana bari kumushinja gutera umwaku iyi kipe, babigaragariza ku mbuga nkoranyambaga, bakabishingira ku kuba uyu muhanzi afite amateka atari meza mu gutegera intsinzi amakipe atandukanye, kuko birangira atsinzwe.

Mu mukino w’Igikombe cy’Isi cya 2022, Drake yahombye miliyoni nyinshi z’Amadolari yari yateze kuri Argentine avuga ko izatsinda igatwara iki gikombe mu minota 90 y’umukino, gusa igitwara kuri penaliti.

Uyu muhanzi kandi aherutse no gutegera Conor McGregor ukina iteramakofe gutsinda umukino wo kwishyura yahuriyemo na Max Holloway, ariko ntibyamuhira na bwo ahomba akayabo.

Drake yategeye aya mafaranga Argentine anyuze ku rubuga rwa Stake asanzwe abikoreraho.

Uru rubuga aherutse kurutsindiraho miliyoni zisaga 30$ [arenga miliyari 44 Frw]. Icyo gihe yavuze ko ari ubwa mbere yari atsinze mu nshuro zisaga 70 zose yari amaze gutega.

Mu karuhuko k’igice cya kabiri cy’uyu mukino uhenze ku Isi, hategerejwe igitaramo gihuriramo abahanzi bakomeye barimo Post Malone, Justin Bieber, Madonna, BTS, Shakira na Burna Boy.

Drake yategeye Argentine gutwara Igikombe cy'Isi, abafana bamushinja kuyitera umwaku

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages