00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Emeran yashimiwe kubwo kugeza FC Groningen mu cyiciro cya mbere mu Buholandi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 12 May 2024 saa 07:29
Yasuwe :

Rutahizamu w’Umunyarwanda Noam Fritz Emeran ukinira FC Groningen yo mu Buholandi ari mu bakinnyi bashimiwe cyane nyuma y’uko ibonye itike yo kujya mu Cyiciro cya Mbere ‘Eredevise’.

FC Groningen ni ikipe imaze imyaka 52 muri ruhago y’u Buholandi ndetse ikaba ari imwe mu makipe yakunze kudahozaho ngo igume mu makipe meza ahanini kuko yakunze kugarizwa n’ibibazo by’amikoro.

Mu mwaka w’imikino wa 2023-24, iyi kipe ntiyahiriwe kuko yabuze amahirwe yo gukomeza gukina Icyiciro cya Mbere ariko yiha intego zo kwiyubaka kugira ngo yongere igisubiremo.

Mu kwiyubaka kwayo yanyarukiye muri Manchester United y’Abatarengeje imyaka 21, igurayo rutahizamu Noam Emeran kugira ngo ayifashe mu busatirizi bwayo.

Uyu mukinnyi wavukiye mu Bufaransa ariko akaba yarigeze kugaragaza ko ahoza ku mutima u Rwanda, yayigezemo ndetse atangira no kuyifasha nubwo kenshi yakinishwaga nk’umusimbura.

Mbere yo kugera muri iyi kipe, Noam Emeran yaguzwe na Manchester United, imukuye muri Paris Saint-Germain, Juventus na Valencia zamwifuzaga, afite imyaka 16 mu 2019 imukuye mu Ishuri rya ruhago rya Amien, atangwaho agera kuri miliyoni £8.9.

Nyina wa Emeran, avuka mu Rwanda mu gihe Se Fritz Emeran Nkusi, yakuriye mu Bufaransa ariko yakiniye Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda hagati ya 2005 na 2007.

Noam Emeran yari yishimanye na mugenzi we Leandro Bacuna bakinana
FC Groningen yamanutse mu mwaka ushize yongeye kubona itike yo gukina Icyiciro cya Mbere cya Shampiyona y'u Buholandi
Noam Emeran yishimanye na buri wese bakinana
Noam ari mu bakejwe nyuma yo kujya mu Cyiciro cya Mbere
Rutahizamu Noam Emeran yahabwaga umwanya rimwe na rimwe ari umusimbura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages