Mu 2016, ni bwo Pep yageze muri Manchester City, asimbura Manuel Pellegrini, kugira ngo afashe iyi kipe kuba imwe mu zikomeye i Burayi, nk’uko yari yarabikoze muri FC Barcelone muri Espagne na Bayern Munich mu Budage.
Nubwo bitaratangazwa na Manchester City ko uyu mugabo yayisezeye, ibinyamakuru byo mu Bwongereza byatangaje ko atazakomezanya na yo, ndetse hari gushakwa n’umusimbura we.
Kugeza ubu uvugwa cyane mu bazasimbura Pep ni Enzo Maresca babanye muri Man City nk’umwungiriza we, ariko igihe kikaza kugera akajya kwikorera na we nk’Umutoza Mukuru.
Muri Mutarama 2026, Enzo yatandukanye na Chelsea yo mu Bwongereza kubera umusaruro mubi, ndetse kugeza ubu yari atarabona ikipe yo gutoza.
Mu myaka 10 ishize Pep Guardiola w’imyaka 55 ari umutoza wa Manchester City, yegukanye ibikombe 20 birimo ibyo mu Bwongereza ndetse n’ibyo ku Mugabane w’i Burayi.
Aha harimo ibya Shampiyona y’u Bwongereza bitandatu, harimo bine yegukanye byikurikiranya kuva mu mwaka w’imikino wa 2020/21 kugeza mu 2023/24.
League Cup yegukanye ibikombe bitanu, FA Cup ni bitatu, UEFA Champions League ni kimwe, Community Shield ni bitatu, FIFA Club World Cup ni kimwe na UEFA Super Cup ni kimwe.
Ni mu gihe mu myaka 136 iyi kipe yari imaze atarahagera, yari yaregukanye ibikombe 18 gusa, nta na kimwe cyo ku Mugabane w’i Burayi yatwaye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!