Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo Manchester United yanganyije na Coventry City F.C mu mukino w’Igikombe cya FA Cup, gusa ikomeza bigoranye binyuze muri penaliti.
Ubushobozi bwe bwahise bwongera gukemangwa ndetse abenshi ntibatinya kugaragaza ko batamwifuza muri iyi kipe iri ku mwanya wa karindwi muri Shampiyona y’u Bwongereza.
Umuyobozi mushya wa Manchester United mbere yo kuyifatamo imigabane, yijeje abafana bayo intsinzi n’umunezero ariko yahinduye benshi mu bayobozi akomeza gushinjwa gushyigikira Erik ten Hag nubwo atarabigaragaza mu ruhame.
Nk’uko ikinyamakuru The Sun cyabyanditse, Ratcliffe yavuze ko amaze kumva agahinda k’abafana.
Ati “Ndabizi ko abafana batagishoboye kwihangana kandi mbafitiye impuhwe. Bagomba kwizera ko ari urugendo turimo babyanga cyangwa babyemera, nibihangane.”
Kugeza ubu uyu mugabo wasimbuye Ralf Rangnick afite ihurizo rikomeye ryo kwitwara neza mu mukino wa nyuma wa FA Cup uzahuza ikipe ye na Manchester City, kuko kuba mu makipe meza azasohokera u Bwongereza mu mikino mpuzamahanga na byo bigoye.
Biravugwa ko mu gihe yaba avuye muri iyi kipe, ashobora gusimburwa n’uwahoze ari umutoza wa Chelsea FC na Brighton, Graham Potter.
Erik Ten Hag w’imyaka 54 amaze gukina imikino 107 muri Man United, akaba yaratsinzemo 62, anganya 16 ndetse anatsindwa inshuro 29.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!