00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Erik ten Hag yongereye amasezerano muri Manchester United

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 4 July 2024 saa 01:02
Yasuwe :

Ubuyobozi bwa Manchester United bwumvikanye n’Umutoza Erik ten Hag, bumwongerera amasezerano y’imyaka ibiri azageza mu 2026.

Nyuma y’impera za Shampiyona y’u Bwongereza, Inama y’ubuyobozi ya Manchester United yafashe icyemezo cyo kugumana Umutoza Erik ten Hag ndetse ikanumvikana na we.

Hari amakuru yavugaga ko Manchester United itazakomezanya na Erik ten Hag hatitawe ku musaruro azatanga, gusa nyuma yo gutsinda Manchester City agatwara Igikombe cya FA Cup, ubuyobozi bwahinduye ibitekerezo.

Nyuma yo gushyira umukono ku masezerano kuri uyu wa Kane, tariki ya 4 Nyakanga 2024, yavuze ko aho yagejeje ikipe ari heza kandi yizeye kurenzaho mu gihe kizaza.

Yagize ati “Nishimiye kuba namaze kumvikana n’ikipe gukomeza gukorana. Turebye inyuma mu myaka ibiri ishize, tuhabona ibikombe bibiri ndetse n’ingero nyinshi zo gutera imbere ugereranyije n’aho twasanze ikipe.”

“Gusa, tugomba kuba abanyakuri kuko haracyari akazi kenshi ko gukora mu gihe kizaza kugira ngo tugere aho Manchester United yifuza, haba ku guhatana mu Bwongereza n’i Burayi.

Uyu mugabo yahawe amasezerano nyuma y’uko hari haratekerejwe ku barimo Thomas Tuchel, Mauricio Pochettino, Graham Potter, Thomas Frank, Roberto de Zerbi na Gareth Southgate utoza u Bwongereza.

Ten Hag wageze i Manchester mu 2022, yayigejeje ku mwanya wa munani mu mwaka w’imikino ushize, ukaba umwanya mubi igize kuva Shampiyona y’u Bwongereza yiswe Premier League.

Gusa, iyi kipe yagize imvune 45 zitandukanye, izakina Europa League mu mwaka w’imikino utaha kuko yatwaye FA Cup.

Erik ten Hag yizeye kugeza kure Manchester United
Manchester United yongereye amasezerano Erik ten Hag nyuma yo gutwara FA Cup

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages