00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Etincelles FC igiye gusinyisha abakinnyi babiri bakiniye Geita Gold na Young SC

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 28 January 2024 saa 10:07
Yasuwe :

Etincelles FC yo mu Karere ka Rubavu igiye gusinyisha umunyezamu, w’Umurundi, Arakazi Mac Arthur na rutajizamu, Ditram Nchimbi wakiniye Young SC na Azam FC zo muri Tanzania, amasezerano y’amezi atandatu azarangirana n’uyu mwaka w’imikino.

Aba bakinnyi bombi bari mu bashakishijwe nyuma y’inama yahuje ubuyobozi bw’Ikipe n’Akarere ndetse n’Intara y’Uburengerazuba mu rwego rwo kuvugutira umuti ikibazo cyo kubaka ikipe, cyatumye umutoza Bizumuremyi Radjab ajya ku ruhande ntiyatoza umukino wa Shampiyona iyi kipe yatsinzwemo ibitego 2-1.

Arakaza Mac Arthur w’imyaka 29 ni umunyezamu uzwi cyane muri aka Karere ka Afurika y’Uburasirazuba kuko yakiniye amakipe akomeye uhereye ku Ikipe y’Igihugu y’u Burundi, Flambeau de l’Est na Vital’O z’iwabo.

Hari kandi SC Villa yo muri Uganda, Kaka mega Homeboyz yo muri Kenya na Lusaka Dynamos yo muri Zambia ndetse na Geita Gold yo muri Tanzania ari nayo aherukamo umwaka ushize. Kuri ubu mu gice kibanza cya Shampiyona y’uyu mwaka nta kipe yari afite.

Rutahizamu w’Umunya-Tanzania, Ditram Nchimbi usanzwe akinira Ikipe y’Igihugu ya Tanzania yaciye mu makipe y’iwabo nka Mbeya City, Azam FC, Polisi na Young SC ndetse na Geita Gold. Akaba yari amaze umwaka adakina.
Nyuma y’uko Etincelles FC itsinzwe n’Amagaju FC igitego 1-0, yahise yisanga ku mwanya wa 15 n’amanota 17, aho irusha Etoile de l’Est ya nyuma amanota atanu.

Etincelles FC igiye gusinyisha rutahizamu, Ditram Nchimbi wakiniye Young SC
Etincelles FC igiye gusinyisha kandi Umunyezamu w'Intamba ku Rugamba, Arakaza Mac Arthur wakinnye mu makipe nka Geita Gold yo muri Tanzania na Power Dynamos yo muri Zambia

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages