Uyu ni umwe mu mikino Etincelles FC yagombaga kwitwaraho neza, dore ko yifuzaga kuva mu murongo utukura w’amakipe agana mu Cyiciro cya Kabiri, mu gihe imikino ibanza ya Shampiyona y’u Rwanda iri kugana mu mpera.
Umukino ugeze ku munota wa 49, rutahizamu wa Rayon Sports, Ndikumana Asman, yivuye mu mitsi ari inyuma y’urubuga rw’amahina atera ishoti rikomeye ryaruhukiye mu rucundura.
Ibyishimo by’iyi kipe ntabwo byamaze kabiri kuko nyuma y’iminota 18 gusa, Etincelles FC yishyuye iki gitego nyuma y’uburangare bwabayeho kuri ba myugariro ba Rayon Sports.
Niyonkuru Sadjat yazamukanye umupira yinjira mu rubuga rw’amahina, awuhereza Ishimwe Djabilu wari uhagaze wenyine ahita ashyira umupira mu izamu rya Rayon Sports.
Ibi ni byo bitego byonyine byabonetse muri uyu mukino, bituma Rayon Sports ijya ku mwanya wa karindwi n’amanota 21, mu gihe Etincelles FC ari iya 17 n’amanota 11.
Undi mukino wabaye kuri uyu munsi wasize Kiyovu Sports inganyije n’Amagaju FC 0-0.
Amafoto: Umwari Sandrine



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!