00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Fall Ngagne wavunitse ntazasubira mu kibuga mu mwaka w’imikino wa 2025/26

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 7 May 2026 saa 01:51
Yasuwe :

Rutahizamu wa Rayon Sports, Fall Ngagne, wagize imvune mu mukino wahuje ikipe ye na AS Muhanga, yababaye cyane akagombambari ku buryo atazasubira mu kibuga kugeza uyu mwaka w’imikino urangiye.

Ni amakuru yemejwe n’Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis Christian, nyuma y’umukino w’Umunsi wa 30 wa Shampiyona y’u Rwanda warangiye batsinzwe na AS Muhanga igitego 1-0.

Uyu mukino ugeze ku munota wa 79, Fall Ngagne yashatse gushyira umupira mu izamu, ariko agwa nabi aratsikira bituma abaganga bihutira mu kibuga kugira ngo bamwiteho ariko ntibyakunda asohorwa ku ngobyi ku munota wa 80.

Ibi byatumye Rayon Sports ikina iminota 10 ya nyuma ituzuye, kuko abasimbura yagombaga gushyira mu kibuga bari barangiye, ndetse n’uyu mukinnyi atashobora gusubira mu kibuga.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Haringingo Francis Christian, yagarutse ku mvune z’abakinnyi be, ndetse ahishura ko bigoye ko Fall Ngagne wari winjiye asimbuye yakongera gukina.

Ati “Ndebye uko Fall Ngagne ameze, ntekereza ko bizagorana ko agaruka. Yagize imvune y’akagombambari.”

Uyu Munya-Sénégal uri gusoza amasezerano y’imyaka ibiri muri Rayon Sports, yakunze kugira imvune zitandukanye aho agereye muri Rayon Sports, ndetse mu mwaka we wa mbere yamaze amezi 11 adakina kubera imvune.

Ni nyuma y’uko yari yabaye uwa kabiri watsinze ibitego byinshi kuko mbere y’uko avunika, yari amaze yaratsinze ibitego 13 mu mwaka wa 2024/25. Muri uyu mwaka wa 2025/26, yakinnye imikino irindwi gusa, aho yatsinze igitego kimwe.

Abandi bakinnyi bagize ibibazo ni Ramazani Tshimanga wagize imvune yoroheje, Youssou Diagne na rutahizamu Ndikumana Asman wagize uburwayi busanzwe.

Aba bose bavunitse mu gihe Rayon Sports yarimo ishaka amanota ayifasha gusatira amakipe ihanganiye na yo Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda, dore ko iri ku mwanya wa kane n’amanota 48.

Iyi kipe kandi iracyahatanira Igikombe cy’Amahoro, aho igomba gukina na Gorilla FC muri ½.

Fall Ngagne yugarijwe n'imvune mu gihe yari muri Rayon Sports
Fall Ngagne yari umwe muri ba rutahizamu bifashishwa muri Rayon Sports
Fall Ngagne yavunitse akagombambari
Fall Ngagne yajyanwe ku ngobyi nyuma yo kuvunika
Fall Ngagne yagize imvune ikomeye y'akagombambari
Haringingo yavuze ko Rayon Sports Fall Ngagne atazongera gukina

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages