00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Fall Ngagne wa Rayon Sports agiye kumara andi mezi atatu adakina

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 May 2026 saa 09:59
Yasuwe :

Rutahizamu w’Ikipe ya Rayon Sports, Fall Ngagne, agiye kongera kumara amezi atatu hanze y’ikibuga nyuma yo kubagwa imvune y’akagombambari aheruka kugirira i Muhanga.

Uyu mukinnyi yavunitse mu minota ya nyuma y’umukino w’Umunsi wa 30 wa BK Pro League, ikipe ye yatsinzwemo na AS Muhanga igitego 1-0 ku wa 6 Gicurasi 2026.

Bucyeye bwaho, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwahisemo kumuvuza, abagirwa ku Bitaro by’Inkuru Nziza biri i Gikondo mu Mujyi wa Kigali mu gihe yasezerewe ku wa Gatanu, tariki ya 8 Gicurasi.

Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yabwiye IGIHE ko uyu mukinnyi “muganga yamubwiye ko azamara amezi atatu adakina.”

Yongeyeho ko nubwo Fall Ngagne yari ku mpera y’amasezerano y’imyaka ibiri izarangirana n’uyu mwaka w’imikino wa 2025/26, muri uku kwezi, ariko nta cyari gutuma batamuvuza kandi “biri mu masezerano.”

Rutahizamu mwiza utarorohewe n’imvune

Uyu mukinnyi w’imyaka 26 ukomoka muri Sénégal, yageze muri Rayon Sports mu mpeshyi ya 2024 avuye mu Ikipe ya FK Příbram yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Repubulika ya Tchèque.

Ntiyahise atangira gukinira iyi kipe kubera imvune yagiriye mu mikino yo kwitegura umwaka w’imikino mushya. Aho atangiriye gukina, yari muri ba rutahizamu bahagaze neza, ariko yongera kuvunika muri Gashyantare, icyo gihe amaze gutsindira Gikundiro ibitego 13 mu mikino 14 ya Shampiyona.

Icyo gihe yarabazwe, yongera gusubira mu kibuga ku wa 21 Mutarama 2026, nyuma y’amezi 11, ubwo Rayon Sports yanganyaga na Al-Merrikh SC ibitego 2-2 muri Shampiyona.

Mu minota 377 y’imikino itanu yari amaze gukina muri Shampiyona y’uyu mwaka, uyu Munya-Sénégal yatsinze igitego kimwe ubwo Rayon Sports yanganyirizaga na Etincelles FC i Rubavu igitego 1-1.

Mu Gikombe cy’Amahoro cy’uyu mwaka, Fall Ngagne yatsinzemo ibitego bine birimo bibiri mu mukino ubanza, n’ibindi bibiri mu mukino wo kwishyura ubwo Rayon Sports yasezereraga City Boys FC ku giteranyo cy’ibitego 11-0 (2-0, 9-0) muri 1/8.

Mu gihe uyu rutahizamu yasaga n’uwatakaje umwanya ubanza mu kibuga kuva Rayon Sports itangiye gutozwa na Haringingo Francis mu ntangiriro za Mata, abakinnyi bari gukina mu busatirizi bwa Gikundiro ni Habimana Yves, Tambwe Gloire, Ndikumana Asman, Mugisha Didier, Aziz Bassane Koulagna, Sindi Paul Jesus na Bienvenu Joachim Vigninou.

Muri aba bose, abamaze gutsinda ibitego byinshi muri Shampiyona ni Tambwe Gloire ufite ibitego bitandatu, Ndikumana Asman ufite ibitego bitanu na Aziz Bassane ufite bitatu. Ni mu gihe mu Gikombe cy’Amahoro, Habimana Yves afite ibitego bine, akurikiwe na Fall Ngagne ufite bibiri.

Fall Ngagne yavunitse akagombambari k'ibumoso ubwo Rayon Sports yakiniraga na AS Muhanga i Muhanga
Uyu mukinnyi usatira izamu muri Rayon Sports, yabagiwe mu Bitaro by'Inkuru Nziza i Gikondo
Fall Ngagne uri gusoza amasezerano, yahawe kumara amezi atatu adakina

Amafoto: Umwari Sandrine


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages