Uyu mukino wabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 10 Gicurasi 2026.
Barcelona yagiye muri uyu mukino isabwa inota rimwe ikegukana igikombe, mu gihe Real Madrid yo kwari ukuyikerereza.
FC Barcelona yatangiye neza umukino, bidatinze Marcus Rashford yafunguye amazamu ku munota wa cyenda, ku gitego yatsinze kuri coup franc nziza yateye umunyezamu Thibaut Courtois akananirwa guhagarika umupira.
Iyi kipe yari mu rugo yakomeje gukina neza no gusatira ubona irusha Real Madrid bigaragara.
Ku munota wa 18, Ferran Torres yatsinze igitego cya kabiri. Real Madrid yagerageje gusatira ishaka uko yishyura ariko bayibera ibamba.
Igice cya mbere cyarangiye FC Barcelona yatsinze Real Madrid ibitego 2-0.
Mu gice cya kabiri, iyi kipe y’i Madrid yakomeje gusatira ariko Vinicius Junior na Jude Bellingham bagahusha uburyo bw’ibitego babonaga.
Ku munota wa 70, Bellingham yatsinze igitego cya mbere cya Real Madrid ariko umusifuzi avuga ko habayeho kurarira nticyemerwa.
Mu minota ya nyuma umukino watuje ugenda gake n’amakipe yombi agabanya gusatirana.
Umukino warangiye FC Barcelona yatsinze Real Madrid ibitego 2-0 igira amanota 91, Real Madrid ya kabiri ifite 77 bityo iyi kipe y’i Catalonia yegukana Igikombe cya Shampiyona habura imikino itatu ngo irangire.
Ni ku nshuro ya mbere ikipe itwariye igikombe kuri uyu mukino uhuza abakeba bo muri Espagne.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!