00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FERWAFA igiye gushyiraho ikigo cyayo cy’ubucuruzi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 1 June 2026 saa 01:00
Yasuwe :

Abanyamuryango b’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), bemeje umushinga wo gushyiraho ikigo cy’ubucuruzi gishingiye kuri siporo, mu rwego rwo kongera amafaranga yinjira muri iri shyirahamwe.

Ni umushinga wemerejwe mu Nama y’Inteko Rusange Idasanzwe ya FERWAFA yateranye ku wa 31 Gicurasi 2026, yari igamije kurebera hamwe ibikorwa bitandukanye byo mu mwaka wa 2025.

Amafaranga FERWAFA yinjije mu mwaka wa 2025 yageze kuri 8.474.142.962 Frw avuye kuri 8.660.528.084 Frw yariho mu 2024, mu gihe hasohotse 8.594.961.729 Frw avuye kuri 7.871.992.951 Frw yasohotse mu 2024.

Kugabanuka kw’amafaranga yakoreshejwe kwaturutse ahanini yatangwaga kuri hoteli zicumbikira amakipe y’Igihugu y’u Rwanda, ataratazwe kuko FERWAFA yujuje hoteli yayo icumbikamo amakipe. Amakipe yakoresheje miliyari 2,5 Frw avuye kuri miliyari 3,3 Frw mu 2024.

Mu kurushaho kubyaza umusaruro iyi hoteli n’ibindi bikorwa bya siporo, Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yavuze ko hagiye gushyirwaho ikigo cy’ubucuruzi bwunguka.

Ati “Tugiye gushinga ikigo cya FERWAFA gishinzwe ubucuruzi, kugira ngo mu minsi iri imbere FERWAFA izabashe kwihaza mu buryo bw’amafaranga. Twabuze amahirwe yo kwakira abashyitsi muri hoteli yacu, kuko ntituri ikigo cy’ubucuruzi, ntidushobora gukoresha fagitire za EBM.”

“Twaricaye turavuga ngo tuzashinge ikigo cy’imari cyitwa FERWAFA, kizagenda cyaguka ariko mu bijyanye no gushora muri siporo. Ntabwo tuzajya kubaka imihanda, ariko siporo tubamo turayizi hari byinshi twashoramo kandi bikunguka, twabikora.”

Abanyamuryango ba FERWAFA bashyigikiye igitekerezo cy’uyu mushinga, baranacyemeza kugira ngo gishyirwe mu bikorwa vuba.

Mu bindi bikorwa FERWAFA iteganya kungukamo harimo nko gushinga Televiziyo na Radiyo byayo bwite.

FERWAFA irateganya gushyiraho ikigo cyayo cy'ubucuruzi bwunguka
Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yayoboye Inama y'Inteko Rusange Idasanzwe
Abanyamuryango ba FERWAFA bemeje umushinga wo gushyiraho ikigo cy'ubucuruzi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages