Ibi Ferwafa ikaba yabitangaje nyuma y’amakuru yiriwe acaracara ku mbuga nkoranyambaga avuga ko bisa nk’ibyarangiye ko uyu mukinnyi ukomoka mu gihugu cya Nigeria yaba agiye gukinira ikipe y’igihugu Amavubi.
Aganira na IGIHE, Umunyamabanga wa Ferwafa, Kalisa Adolphe Camarade yatubwiye ko kugeza uyu munsi ayo makuru adahari kuko umutoza atari yabaha urutonde rw’abo yifuza.
Yagize ati: “Kugeza ubu nta biganiro byigeze bibaho kuko n’umutoza ntabwo yari yadusaba abakinnyi azifashisha mu ikipe y’igihugu. Icyo twavuga rero ni uko kugera kuri uyu mwanya nta biganiro byabaye ni ugutegereza abo azifuza ubwo azaba ashyize hanze urutonde.”
Ani Elijah ni umukinnyi mwiza ariko si we gisubizo Amavubi akeneye uyu munsi
Ani Elijah mu Mavubi Stars si ikibazo:
IMPUNGENGE:
Ibitego 15 afite muri #RPL si igitangaza @FERWAFA na @Rwanda_Sports bakabaye bashingiraho kuko na Moro Sumaila yabitsinze muri Etincelles FC ashimwa na @Policefc_Rwanda , arayihombera.
— Mihigo Saddam "Mkude" (@mihigosadam) May 8, 2024
“ Hashize iminsi 10 yemeye kuzakinira #AMAVUBI, azakina umukino wa Benin na Lesotho.” - ….
Ani Elijah w’imyaka 24 ukomoka muri Nigeria, yamaze kwemera gukinira @RwandaAmavubi nk’uko umwe mu bamuhagarariye yabyemereye @bbkigalifm
Uyu musore watsinze ibitego 15… pic.twitter.com/43EyCSdCUB
— IMFURAYACU Jean Luc (@imfuraluc01) May 8, 2024
🇷🇼MU IBANGA RIKOMEYE 🇷🇼⚽♥️
🇷🇼Amavubi🇷🇼♥️
1. Rwatubyaye Abdul, Club Shikup FC (Macedonia)
2. Jojea KWIZERA, Club Rhode island FC (USA)
3. York Rafael, Club Gefle IF (Sweden)
4. Ani Elijah, Club Bugesera (Rwanda)#Benin #Lesotho pic.twitter.com/mpi8AF1Ifd— Umulisa Eric (@umulisa_eric) May 8, 2024
Umutoza w’ikipe y’igihugu Torsten Spittler aherutse gutangariza itangazamakuru ko mu bakinnyi yifuza harimo rutahizamu ufite ibigango kandi uzi gukina kurusha Nshuti Innocent kuri ubu wifashishwa muri uyu mwanya. Ibi bikaba byatumye bamwe bibaza niba koko Uyu Mudage utoza Amavubi yaba yarasanze Ani ari we gisubizo.
Benshi mu basesengura umupira w’u Rwanda bakaba bahuriza hamwe ko haba hakiri kare kwemeza ko Ani Elijah yaba ari rutahizamu mwiza mu gihe amaze umwaka umwe gusa akina mu Rwanda, kandi ibyo yakoze nta gitandukanye n’ibyakozwe n’abandi nka Soumaile Molo na Babuwa Samson kuri ubu basubiye hasi.
Aha bikaba bivugwa ko niba Ikipe y’igihugu ishaka gukomera, kandi ikaba yemerewe kuzana abakinnyi batavukiye mu Rwanda byaba byiza hashakishijwe abashoboye kuko bahari kandi ku bwinshi.
Amavubi azasubira mu kibuga tariki ya 6 Kamena 2024 yisobanura na Benin, mbere yo gukina na Lesotho tariki ya 12 mu mukino uzabera muri Afurika y’Epfo. Iyi kipe y’igihugu ni yo iyoboye itsinda C imbere ya Afurika y’epfo na Nigeria.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!