Tariki 27 Mutarama 2024, ku mukino w’abato ba Etincelles FC na Marines FC habereye imirwano yatewe n’amagambo yahererekanyijwe hagati y’umutoza wa Etincelles FC, Bizimana Abou ‘Bekeni’ na Team Manager w’Ikipe ya Marine FC, Nsengiyumva Aboubakar, birangira aba bombi barwanye ndetse n’inzego z’umutekano zibyinjiramo.
Bekeni w’imyaka 63 yakubise umutwe mu maso Team Manager wa Etincelles FC, avuga ko yamubwiye amagambo mabi. Byatumye uyu mutoza atabwa muri yombi afungirwa iminsi ine kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Ishami rya Rubavu.
Bekeni yaje gusaba imbabazi uwo yahemukiye ndetse no gufatwa ibizamini by’ubuzima ngo harebwe niba umutwe Team Manager wa Marines FC yatewe ntacyo wangije mu ngingo z’umubiri, ararekurwa ngo akomeze akazi.
Amakuru yizewe agera ku IGIHE yemeza ko biciye mu kanama k’imyitwarire ka FERWAFA, iri Shyirahamwe rya Ruhago ryahamagaje aba bombi ndetse bazitaba ku wa Gatanu 1 Werurwe bagatanga ibisobanuro by’ibyabereye kuri Stade Umuganda tariki 27 Mutarama 2024.
Bekeni yamenyekanye cyane mu makipe nka Etincelles FC Gicumbi FC, Amagaju FC ndetse n’ayo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo arimo Virunga FC.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!