00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FERWAFA yateye utwasi ubusabe bwa Mukura VS ku mukino wayo na Rutsiro FC

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 5 May 2026 saa 07:49
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryamenyesheje Ikipe ya Mukura VS ko umukino yatsinzwemo na Rutsiro FC ibitego 2-1 ku Cyumweru, ukagaragaramo amakosa y’imisifurire n’imyitwarire idahwitse y’umusifuzi wo ku ruhande, ibyemezo byawufatiwemo bidashobora guhinduka.

Uyu mukino w’Umunsi wa 29 wa Shampiyona wabaye ku Cyumweru, tariki ya 3 Gicurasi 2026, kuri Stade Kamena.

Kuri uwo mugoroba, Mukura VS yahise itanga ikirego muri FERWAFA, ivuga ko ku munota wa 40 myugariro Niyonzima Eric yaretse ngo umupira urenge maze umukinnyi wa Rutsiro amukinira nabi ariko umusifuzi atanga penaliti kuri Rutsiro FC.

Ni mu gihe umunyezamu Nicholas Sebwato na myugariro Hakizimana Zuberi bagiye gusobanuza umusifuzi abaha amakarita y’umuhondo.

Ku munota wa 80, Rutsiro FC yahawe penaliti ya kabiri, na yo itaravuzweho rumwe, ivamo igitego cya kabiri.

Mbonyamahoro Serieux yirukanyiye ku musifuzi ajya kumubaza ku by’icyemezo afashe, umusifuzi amukubita "umugeri mu bugabo", anahabwa ikarita y’umutuku.

Iyi kipe y’i Huye yasabye kurenganurwa ku karengane kakorewe umukinnyi wayo, isaba kandi ko Hakizimana Zuberi na Sebwato bakurirwaho amakarita y’umuhondo bahawe n’iy’umutuku yahawe Umutoza Nshimiyimana Canisius.

FERWAFA yayimenyesheje ko ibyabereye mu mukino ari ntakuka
Mu ibaruwa FERWAF yandikiye ubuyobozi bwa Mukura VS kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 5 Gicurasi 2026, yabumenyesheje ko Komisiyo ishinzwe Imisifurire yahagaritse abasifuzi babiri b’uwo mukino.

Yongeyeho ko ku bindi iyi kipe itishimiye, “gukuraho amakarita mwavuze ntabwo byakorwa kuko yatanzwe biturutse ku myitwarire y’abakinnyi.”

Yavuze kandi ko “hashingiwe ku mategeko y’amarushanwa ya FERWAFA na raporo ya komiseri w’umukino, umukino w’Umunsi wa 29 wahuje Mukura VS na Rutsiro FC ntushobora gusubirwamo.”

Ku bijyanye n’ubufasha bw’ubuvuzi no kurinda umukinnyi Mbonyamahoro Serieux ikipe ye yavuze ko yajyanywe kwa muganga, FERWAFA yavuze ko izatanga igisubizo ubwo Komisiyo yayo ishinzwe Imyitwarire izaba yateranye ikiga kuri iki kibazo.

Kudakurirwaho amakarita bivuze ko Umutoza Nshimiyimana Canisius, umunyezamu Sebwato Nicholas wujuje amakarita atatu y’umuhondo na myugariro Mbonyamahoro Serieux, bose batazagaragara ku mukino wa Police FC uzakirwa na Mukura VS ku wa Gatatu, kuri Stade Kamena.

FERWAFA yamenyesheje Mukura VS ko ibyemezo byafatiwe mu mukino wayihuje na Rutsiro FC bidashobora guhinduka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages