00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FERWAFA yatumije abarebwa na ‘match-fixing’ yavuzwe ku mukino wa Musanze FC n’Amagaju FC

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 23 April 2026 saa 12:16
Yasuwe :

Komisiyo ishinzwe Imyitwarire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yatumije abahagarariye Musanze FC n’Amagaju FC, Umunyezamu Habarurema Gahungu n’Umutoza Imurora Japhet kugira ngo yumve icyo bavuga ku kirego cy’iyi kipe yo mu Majyaruguru yashinje Imurora kugira uruhare mu kugena ibiva mu mukino uheruka guhuza amakipe yombi.

Ubutumwa IGIHE yabonye, bwohererejwe abo bireba, bubasaba kwitaba Komisiyo y’Imyitwarire ya FERWAFA ku wa Gatanu, tariki ya 24 Mata 2026, Saa Munani z’amanywa ku cyicaro cyayo i Kigali.

Abatumiwe ni uhagarariye Musanze FC hamwe n’umukinnyi wayo Gahungu Haharurema ndetse n’uhagarariye Amagaju FC hamwe n’Umutoza wayo, Imurora Hakizimana Japhet.

Bahamagajwe kugira ngo bazatange ibisobanuro ku myitwarire yabaye ku mukino wo ku wa Gatanu, tariki ya 17 Mata 2026, wahuje Musanze FC n’Amagaju FC.

Mbere y’uwo mukino w’Umunsi wa 27 wa Shampiyona y’u Rwanda, hagiye hanze amajwi bivugwa ko ari aya Imurora aganira n’umunyezamu wa Musanze FC, Habarurema Gahungu, amusaba kwitsindisha kuri uyu mukino.

Bucyeye bwaho, Musanze FC yandikiye FERWAFA itanga ikirego, igaragaza ko atari aya majwi gusa, ahubwo hari n’andi y’umuntu utaramenyekanye wakoreshaga ururimi rw’Icyongereza, amusaba ko umukino warangira harimo ikinyuranyo cy’ibitego bibiri, ari na ko byaje kugenda ukarangira Amagaju FC atsinze Musanze FC ibitego 2-0.

Gusa ubwo umukino wari urangiye, Imurora Japhet yabajijwe niba amajwi yagiye hanze ari aye, abihakana yivuye inyuma.
Ati "Amajwi nayumvise nk’uko namwe mwayumvise. Ijwi si iryanye, sinigeze mvugana n’uwo muntu."

Hakizimana Imurora Japhet usanzwe ari Umutoza Wungirije w'Amagaju FC ari mu batumijweho na Komisiyo y'Imyitwarire ya FERWAFA
Umunyezamu wa Musanze FC, Habarurema Gahungu na we yatumijwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages