Amavubi yageze ku mwanya wa 78 biyongereyo imyaka 16 mu gihe bari batakaje imyanya 21 muri Kamena. Kuzamuka kw’iyi myanya gukurikiye intsinzi Amavubi yakuye muri Mozambique ku mukino ubanza w’amajonjora y’igikombe cy’Afurika ku gitego 1-0 cya Sugira Erneste.
Kuba u Rwanda rwaratsinze Mozambique yari iri imbere ni bimwe mu byatumye Amavubi azamuka imyanya 16 mu gihe Mozambique yo yamanutse 14.
Mu karere, u Rwanda ruri inyuma ya Uganda ya 73 yamanutseho imyanya ibiri, Kenya ni iya 116, Burundi 131 na Tanzania 139.
Mu makipe ari mu itsinda rimwe n’u Rwanda mu majonjora y’igikombe cy’Afurika, Ghana ni iya 25 ku Isi, Mozambique ni iya 95 naho Ibirwa bya Maurice ni ibya 180.
Algeria ni iya mbere muri Afurika na 19 ku Isi ikurikiwe na Côte d’Ivoire, Ghana, Tuniziya na Senegal ya gatanu.
Nubwo batsinzwe na Chili ku mukino wa nyuma w’ibihugu byo muri Amerika y’Epfo, Copa America, Argentina yafashe umwanya wa mbere ku Isi iciye k’u Budage n’u Bubiligi. Ni ubwa mbere iyi kipe ya Lionel Messi ifata umwanya wa mbere mu myaka irindwi ishize.
Amakipe mashya yinjiye mu 10 ya mbere ku Isi ni Romania ya munani yazamutse imyanya ine, u Bwongereza ni ubwa cyenda naho Wales ni iya 10.
Espagne (12), Uruguay (13) n’ u Bufaransa (22) nizo zavuye mu makipe 10 ya mbere.
Argentina, Chile, Mexico, Paraguay, Peru niyo makipe yakinnye imikino myinshi irindwi muri 213 yakinwe.
Amakipe ya mbere ku Isi
1. Argentina
2. U Budage
3. U Bubiligi
4. Colombia
5. U Buholandi
6. Brazil
7. Portugal
8. Romania
9. U Bwongereza
10. Wales



















TANGA IGITEKEREZO