00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FIFA yibeshye itangaza uwatsindiye umupira wa zahabu mu mwaka 2015

Yanditswe na

Manzi Jules

Kuya 7 January 2016 saa 01:57
Yasuwe :

Mu gihe biteganyijwe ko uwatwaye umupira wa zahabu (Ballon d’Or) 2015 azamenyekana ku itariki 11 Mutarama uyu mwaka, hagati ya Cristiano Ronaldo wa Real Madrid, Lionel Messi na Neymar bombi ba FC Barcelona, FIFA yibeshye ishyira ahagaragara uwatoranyijwe nk’umukinnyi mwiza mu mwaka wa 2015.

kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Mutarama 2015, Ku rubuga rw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, bacitswe batangaza ko Lionel Messi ariwe wegukanye Ballon d’Or ya 2015 atsinze Ronaldo na Neymar bahanganye ndetse ko n’Umudagekazi Celia Sasic ariwe watorewe kuba umukinnyi w’umwaka mu bagore.

Nyuma yo kwibeshya bagatangaza ayo makuru, bihutiye kuyakuraho igitaraganya nk’uko urubuga Mirror rwabitangaje. Uwatsinze azamenyekana i Zurich ku mugoroba w’itariki ya 11 Mutarama.

Kugeza ubu, Messi niwe uhabwa amahirwe menshi yo kwegukana iki gihembo gihabwa umwukinnyi witwaye neza kurusha abandi mu mwaka.

Messi yafashije ikipe ye kwegukana ibikombe bitanu uyu mwaka harimo na Champions League.

Messi niwe uhabwa mahirwe menshi yo gutwara Ballon d'Or 2015
Umudagekazi Celia Sasic byavuzwe ko ariwe watorewe kuba umukinnyi w’umwaka mu bagore

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages