Ikipe y’Ingabo z’Igihugu ikomeje kwiyubaka kugira ngo izitware neza mu marushanwa ataha, aho usibye Shampiyona y’u Rwanda, izakina na CAF Champions League.
Kimwe mu byagaragaye mu mikino yo kwitegura uyu mwaka, ni imbaraga nke mu batoza bongerera imbaraga abakinnyi, ari na yo mpamvu yafashe umwanzuro wo kongeramo undi.
Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga yagize iti “Fouzir Mohamed wari usanzwe atuye mu Bufaransa ari naho yakoreraga, ni we wagizwe umutoza wongerera imbaraga abakinnyi, akaba afite ubumenyi buhagije muri ako kazi, dore ko afite impamyabumenyi y’ikirenga mu kongerera ingufu abakinnyi.”
Ati “Uyu mutoza akaba yaratoje mu bihugu bitandukanye ari byo Maroc, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Arabie Saoudite, Iraq, u Bufaransa, u Bubiligi na Gabon. Tumwifurije imirimo myiza.”
Fouzir Mohamed yiyongera kuri Haj Taieb Hassan w’imyaka 64, wari usanzwe akora aka kazi muri APR FC.
Ikipe y’Ingabo iri kwitegura umukino wa gicuti ugomba kuyihuza na Al Merrikh SC yo muri Sudani, kuri uyu wa Mbere, tariki ya 17 Kanama 2026, kuri Kigali Pelé Stadium.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!