Amavubi ni yo aza ku isonga mu itsinda C mu mikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy’isi kizabera muri Amerika, aho abasore ba Frank Spittler ari aba mbere n’amanota arindwi banganya na Bénin iza ku mwanya wa gatatu.
Iyi kipe umukino wa gatanu wo muri iri tsinda ikazawukina na Nigeria muri Werurwe 2025 kuri Stade Amahoro yaraye isogongewe n’amakipe ya Rayon Sports na APR FC. Aha, umutoza w’ikipe y’igihugu akaba yavuze ko mbere yo gukina na Super Eagles azabanza kuvugana na Gernot utoza Bénin iheruka gutsinda iki gihugu.
Aganira na radiyo Brila F.M yo muri Nigeria, Frank Spittler yagize ati “Nahamya ko mbere yo gukina na Nigeria nzabanza kuvugana inshuro zirenze imwe na Gernot Rohr, naramuka agize ikintu ambwira naba mfite ikibazo ndamutse ntacyemeye.”
Torsten Frank Spittler yakomeje kuvuga ko we n’uyu Mudage wanatojeho Nigeria, Gernot Rohr, ngo bazanakomeza kuvugana ku bintu bitandukanye ku buryo bazafashanya muri uru rugendo bafite rwo gufasha ibihugu byabo kubona itike yo kujya mu gikombe cy’isi cya 2026.
Kugeza ubu, u Rwanda rumaze gutsindwa umukino umwe rukumbi muri iyi mikino aho bidatunguranye ari uwo rwatsinzwemo na Bénin igitego 1-0 mu mukino abakunzi b’ikipe y’igihugu batishimiye amahitamo y’umutoza Frank Spittler ku bakinnyi babanje mu kibuga.
Ikipe y’igihugu izasubira mu kibuga muri Nzeri uyu mwaka ikina imikino y’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc muri 2025 aho mbere yo gukina na Nigeria byitezwe ko Amavubi azaba amaze gukina imikino itandatu y’amajonjora y’iyo CAN.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!