00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gatete Jimmy yasuye ikipe y’abafite ubumuga mu kumenyekanisha ruhago yabo

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 19 October 2022 saa 09:37
Yasuwe :

Gatete Jimmy wabaye Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, ku wa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2022, yasuye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru y’Abafite Ubumuga ku Cyicaro cy’Ishyirahamwe cy’uyu mukino riri ku Kimisagara mu Mujyi wa Kigali.

Ni uruzinduko uyu rutahizamu yakoze mu rwego rwo gusura no kwirebera impano z’abana bafite ubumuga baconga ruhago bafite inzozi zo kuba bagera ku rwego nk’urwe.

Uyu rutahizamu yatunguwe no kwibonera uburyo uyu mukino ukinwa ndetse aha abakinnyi ubutumwa ko igihugu kibari inyuma, anabashimira ko bagihagarariye neza ubwo batwaraga CECAFA y’ibihugu ya 2019 yabereye muri Tanzania.

Perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda rya Ruhago y’Abafite Ubumuga, Rugwiro Audace, yabwiye IGIHE ko muri uru ruzinduko bagiranye ibiganiro na Jimmy Gatete bigamije kumenyekanisha uyu mukino ndetse no kuwukundisha abatawuzi.

Yagize ati "Twishimiye kuba twakiriye Jimmy Gatete nk’umunyabigwi muri Siporo y’u Rwanda. Twagiranye ibiganiro by’ingirakamaro nubwo bitatinze kuko yari afite urugendo. Abakinnyi bamweretse impano bafite ndetse bamusezeranya ko na bo bazajyana u Rwanda mu mikino y’Igikombe cya Afurika.’’

Umukino wa Amputee Football watangiye gukinwa mu Rwanda mu 2015, nyuma y’imyaka ine gusa mu 2019, Ikipe y’Igihugu yahise yegukana Igikombe cya CECAFA itsinze Kenya ku mukino wa nyuma. Uyu mukino akenshi ukinwa n’abakinnyi bahoze baconga ruhago ariko bakaza kugira impanuka zituma bagira ubumuga.

Kuri ubu ishyirahamwe ry’uyu mukino ryawutangije mu bigo by’amashuri bitandukanye mu gihugu, mu rwego rwo gushaka impano z’abari munsi y’imaka 15, ndetse no guhugura abatoza n’abatekinisiye kugira ngo bashobore gutoza abo bakinnyi no kuzamura urwego rwawo mu cyiciro cy’abagore kugira ngo uburinganire bwubahirizwe.

Jimmy Gatete hamwe na Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru w'Abafite Ubumuga, Rugwiro Odace (ibumoso) Gatete Jimmy (hagati) na Kapiteni w'Ikipe y'Igihugu, Gatete Fidèle
Ikipe y'Igihugu yegukanye Igikombe cya CECAFA nyuma yo gutsinda Tanzania mu irushanwa ryabereye muri Kenya
Gatete Jimmy asinyira bazina we akaba na Kapiteni w'Ikipe y'Igihugu ya ruhago y'Abafite Ubumuga, Gatete Fidèle
Ikipe ya Musanze ifata ifoto mbere y'umukino wa shampiyona
Ikipe y'Abafite Ubumuga ya Huye ni imwe mu zitabira Shampiyona y'Igihugu ya "Amputee Football"

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages