00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gattuso watozaga u Butaliyani yasezeye kubera kutabugeza mu Gikombe cy’Isi

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 3 April 2026 saa 05:46
Yasuwe :

Gennaro Gattuso yeguye ku nshingano zo gutoza Ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani nyuma yo kunanirwa kuyigeza mu Gikombe y’Isi cya 2026.

U Butaliyani buheruka gusezererwa na Bosnie-Herzégovine kuri penaliti 4-1, mu mikino ya kamarampaka.

Nyuma y’uyu mukino, Gattuso yari yaciye amarenga ko atazakomeza akazi, aho mu kiganiro n’itangazamakuru yatangaje ko yananiwe kugera ku ntego.

Ati “N’umutima uremereye twananiwe kugera ku ntego twihaye, ndatekereza ko ibihe byanjye nk’umutoza w’Ikipe y’Igihugu birangiye.”

Gattuso yiyongereye kuri Gabriele Gravina wari umuyobozi wa siporo mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Butaliyani na Gianluigi Buffon wari ushinzwe Ikipe y’Igihugu bose bavuyemo mu nshingano.

Ni ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, u Butaliyani bunanirwa kujya mu Gikombe cy’Isi buherukamo mu 2014 ubwo cyaberaga muri Brésil.

Gennaro Gattuso wari Umutoza w'Ikipe y'Igihugu y'u Butaliyani yasezeye nyuma yo kunanirwa kubugeza mu Gikombe cy'Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages