00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gen Mubarakh Muganga yageneye ishimwe ryihariye abakinnyi ba APR FC

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 12 September 2026 saa 07:33
Yasuwe :

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akaba na Chairman Wungirije w’Icyubahiro wa APR FC, Gen Mubarakh Muganga, yahaye buri mukinnyi ishimwe ryihariye nyuma yo gusezerera Les Aigles du Congo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri CAF Champions League.

Ku wa 11 Nzeri 2026 ni bwo ikipe y’Ingabo z’Igihugu yakinnye umukino wo kwishyura mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League 2026.

Ni umukino APR FC yitwayemo neza nyuma yo gutsindirwa muri RDC igitego 1-0, yacyishyuye irenzaho n’ibindi, ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 3-1.

Umukino ukirangira, Gen Mubarakh Muganga yagiye mu rwambariro gusohoza isezerano yagiranye n’abakinnyi, buri wese amuha ibahasha irimo amafaranga bivugwa ko ari hagati 400$ na 500$.

Iri ni ishimwe ryihariye yabahaye, mbere y’uko ikipe na yo ibaha agahimbazamusyi ko gutsinda uyu mukino. Aka kazabageraho tariki ya 14 Nzeri 2026.

Mu ijonjora rya nyuma rigana mu matsinda, rizakinwa mu Ukwakira 2026, APR FC izahura n’ikipe izakomeza hagati ya Zamalek SC na AS Port yo muri Djibouti.

APR FC yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League
Abayobozi bakuru mu Ngabo z'u Rwanda bashyigikiye APR muri uyu mukino
Gen Mubarakh Muganga yageneye ishimwe abakinnyi ba APR FC basezereye Les Aigles du Congo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages