00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gen Mubarakh Muganga yasabye imbabazi abakunzi ba APR FC

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 8 October 2022 saa 03:58
Yasuwe :

Perezida wa APR FC, Lt Gen Muganga Mubarakh, yasabye imbabazi abakunzi b’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu kubera umusaruro utari mwiza yagaragaje mu minsi ishize mu mikino mpuzamahanga no muri shampiyona.

Iyi kipe imaze iminsi mu bihe bitari byiza, umusaruro ari iyanga ndetse byahumiye ku mirari ubwo yasezererwaga mu mikino nyafurika.

Nyuma y’umukino wa Bugesera FC, Umutoza wa APR FC, Adil Erradi, yavuze ko atazi icyihishe inyuma yo kutitwara neza mu bakinnyi, byatumye afata umwanzuro w’uko bajya mu mwiherero i Shyorongi.

Mbere yo gutumiza inama, Adil Erradi yavuze ko abakinnyi be bafite byose ariko bishoboka ko hari ibindi batekereza mu mitwe yabo nawe atazi.

Perezida wa APR FC, Lt Gen Muganga Mubarakh, abinyujije mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, yasabye imbabazi abakunzi b’iyi kipe ndetse yizeza ko impinduka zikomeye zigiye kugaragara vuba.

Ati “Nsabye imbabazi abakunzi ba APR FC ko tutarabaha ibyishimo tubagomba mu mikino myinshi itambutse. Kandi turi gushaka igisubizo cyabyo ndetse kinarambye."

Mu mikino iheruka, APR FC yakinnye na Musanze FC itsinda ku munota wa nyuma. Yakurikijeho imikino ya Monastir yasize isezerewe muri CAF Champions League.

Yagarutse mu Rwanda ikina umukino wa Rwamagana FC ibona intsinzi bigoranye, nyuma itsindwa na Bugesera FC.

Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye imbabazi abakunzi ba APR FC kubera umusaruro utari mwiza iyi kipe iri gutanga
Adil Erradi aracyibaza ikibazo abakinnyi be bafite
APR FC imaze igihe itari mu bihe byiza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages