Ku Cyumweru, tariki ya 12 Mata 2026, ni bwo Berekum Chelsea yakinnye na Samartex mu mukino w’Umunsi wa 29 wa shampiyona, urangira itsinzwe igitego 1-0.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Ghana (GFA), ryemeje ko ubwo abakinnyi bari mu modoka bataha mu muhanda uva ahitwa Goaso werekeza Bibiani, batezwe n’amabandi yitwaje intwaro.
Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bwa Berekum Chelsea kuri uyu wa Mbere, bwasobanuye uko iki gitero cyagenze ubwo bavaga mu majyepfo yo Ghana.
Bwagize buti “Mu rugendo rwacu dusubira Berekum tuva Samreboi, ikipe yacu yatezwe n’itsinda ry’amabandi yipfutse mu maso, yafunze n’umuhanda kugira ngo ritubuze gutambuka.”
“Mu gihe umushoferi yashakaga gukata imodoka ngo asubire inyuma, abakinnyi n’abatoza bamwe bari batangiye kuyivamo bashaka aho bihisha mu ishyamba ryari hafi aho. Twaje kumenya inkuru y’akababaro yo kubura Dominic Frimpong.”
GFA yavuze ko habuze impano ikomeye mu mupira w’amaguru muri Ghana, dore ko Dominic yari afite imyaka 20, inavuga ko hagiye gushakwa uburyo amakipe azajya acungirwa umutekano ndetse na Polisi ya Ghana yatangiye gushaka abagize uruhare mu rupfu rwe.
Ibikorwa by’urugomo nk’ibi byaherukaga mu 2023, ubwo Samartex yategwaga n’amabandi hagakomerekeramo umuntu umwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!