Ghana iracyafite icyizere cyo gukomeza muri 1/8 nyuma yo kunganya n’u Budage 2-2, Miloskave Klose aba rutahizamu w’igikombe cy’Isi naho Asamoah Gyana aba uwa Afurika.
Ghana yari yatsinzwe na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) ku mukino ubanza yasabwaga kudakora ikosa muri uyu mukino w’u Budage bwanyagiye Portugal ibitego 4-0.
Ku munota wa 51, Mario Götze ku mupira yateye n’umutwe yaherejwe na Tomas Müller afungura amazamu ya Ghana. Mu mikino itatu aheruka gukinira u Budage yatsinze ibitego bitatu.
Nyuma y’iminota itatu, Andre Ayew Dede yagomboye n’umutwe umupira yaherejwe na Harrison Afful awuterana myugariro wa Arsenal, Per Mertesacker wakinaga umukino wa 100 mu ikipe y’igihugu.
Ghana yazamuye imikinire, Philip Lahm ananirwa kugarura umupira Sulley Muntari yahereje Asamoah Gyan atsinda igitego cya kabiri, icya gatanu mu gikombe cy’Isi anganya n’Umunya Cameroun Roger Milla, umunyafurika watsinze ibitego byinshi muri iyi mikino.
Miloslave Klose yinjiye ku munota wa 69 asimbuye Götze atsinda igitego cyo kunganya nyuma y’iminota ibiri gusa. Klose yatsinze igitego cya 15 mu gikombe cy’Isi anganya na Ronaldo Ronaldo Luis Nazário de Lima (Brazil), batsinze ibitego byinshi.
Nubwo u Budage bwarushije Ghana kugumana umupira 59 % kuri 41, iyi kipe ya gatatu ya Afurika yabashije kugera muri ¼ yateye amashoti 20 ishaka igitego, 10 mu izamu rya Manuel Neuer mu gihe u Budage bwateye 10 atanu agana mu izamu rya Fatau Dauda.
Nta mpinduka umutoza w’u Budage, Joachim Low yakoze ku ikipe yatsinze Portugal naho Kwesi Appiah yashyizemo Kevin-Prince Boateng wari uhanganye na mukuru we, Jerome Boateng, myugariro w’u Budage.
Mu mikino 20 yo mu matsinda y’igikombe cy’Isi, u Budage bwatsinzwe umukino umwe na Serbia igitego 1-0 mu 2010. Iyi kipe iheruka gutsinda umukino wa kabiri mu 1994, yanganyije ine itsindwa umwe.
Asamoah Gyan abaye Umunyafurika wa mbere utsinze igitego mu bikombe bitatu bikurikirana.
Kugira ngo Ghana ibone itike ya 1/8 birasaba ko Portugal itsinda USA kuri iki Cyumweru nayo igatsinda Portugal ku mukino wa nyuma wo muri iri tsinda.
Abakinnyi bamaze gutsinda ibitego byinshi mu gikombe cy’Isi
Ubwo Ronaldo (Brazil) yuzuzaa ibitego 15 mu gikombe cy’Isi yari atsinze Ghana nkuko Klose yujuje 15 ku gitego yatsinze Ghana.
Ronaldo yabitsinze mu bikombe bitatu (4) 1998, (8) 2002 na (3) 2006 naho Klose abitsinda mu (5) 2002, (5) 2006, (4) 2010 na (1) 2014.
3. Gerd Müller (u Budage bw’Uburengerazuba) 14 (10) 1970 na (4) 1974.
4. Just Fontaine (u Bufaransa) 13 mu 1958
5. Pelé (Brazil) 12 mu (6) 1958, (1) 1962, (1) 1966 na (4) 1970.



















TANGA IGITEKEREZO