00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

González wo muri Espagne yemeye gukinira Amavubi

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 1 November 2022 saa 09:23
Yasuwe :

Umunya Espagne Jon Bakero González yemeye gukinira Ikipe y’Igihugu y’umupira w’Amaguru y’ u Rwanda ’Amavubi’.

Jon Bakero w’imyaka 25 akina hagati mu kibuga asatira muri Pontevedra yo mu cyiciro cya gatatu muri Espagne.

Uyu musore yakiniye amakipe menshi yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nka Toronto Fc, Phoenix Rising FC ndetse na Slavia Sofia yo muri Bulgaria.

Amakuru IGIHE yamenye nuko uyu musore yamaze kwemera gukinira ikipe y’Igihugu y’u Rwanda bigizwemo uruhare na Se José Maria Bakero wakiniye FC Barcelona uheruka mu Rwanda muri Gashyantare uyu mwaka.

Uyu musore yatangiye gusabirwa ibyangombwa bimwemerera gukinira ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, mu gihe bitaraboneka akaba atazaboneka mu mikino ya gishuti u Rwanda rukomeje gutegura na Sudan muri uku kwezi k’Ugushyingo.

Jon aje yiyongera kuri rutahizamu Gerard Gohou ukomoka muri Côte d’Ivoire we watangiye gukinira ikipe y’Igihugu Amavubi.

Uyu musore aje muri gahunda yo gushaka abakinnyi bafite cyangwa badafite inkomoko mu Rwanda ariko bemera kurukinira.

Jon Bakero González asanzwe akinira Pontevedra yo mu cyiciro cya gatatu muri Espagne.
Jon Bakero González akina hagati asatira
Jon Bakero González aje mu Rwanda mu gihe rukomeje gushakisha abakinnyi bashobora kurufasha kongera umusaruro mu kibuga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages