00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gorilla FC yirukanye umutoza Gatera n’abari bamwungirije

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 18 February 2024 saa 08:24
Yasuwe :

Ikipe ya Gorilla FC yirukanye umutoza Gatera Moussa n’abatoza babiri bamwungirije, nyuma yo gutsindwa imikino itanu yikurikiranya ya Shampiyona.

Gatera Moussa watangiye Shampiyona y’uyu mwaka nabi yari yihanganiwe n’ubuyobozi bwa Gorilla FC dore ko iyi kipe yakinnye imikino irindwi ya mbere itarabona intsinzi kuko yatsinzwe umwe inganya itandatu.

Gorilla FC yabonye intsinzi ya mbere muri shampiyona ku munsi wa munani iyikuye ku Amagaju FC yatsinze gitego 1-0, tariki 22 Ukwakira 2023.

N’ubwo yakomeje kwitwara neza bya hato na hato ariko intangiriro z’igice cya kabiri cya Shampiyona ntabwo zayigendekeye neza ku buryo kugeza ubu mu mikino itanu iheruka itazi uko intsinzi isa. Mu bitego bitandatu imaze kwinjizwa imaze gutsinda mu izamu rya mukeba igitego kimwe gusa.

Gatera Moussa yirukanywe hamwe n’umutoza wari umwungirije, Manirakiza Gervais n’uwongerera imbaraga abakinnyi, Kalisa François.

Muri rusange, Gatera Moussa yirukanwe muri Shampiyona y’uyu mwaka atoje imikino 21, yatsinzemo itanu gusa, yanganyije itandatu atsindwa 10.

Gorilla FC iri ku mwanya wa 14 n’amanota 21, inganya na Etincelles FC na Bugesera FC. Zirusha kandi umunani Etoile de l’Est ya nyuma na 13 ndetse isa n’iyamaze gusubira mu cyiciro kabiri.

Umwe mu bayobozi ba Gorilla FC waganiriye na IGIHE nyuma y’umukino w’umunsi wa 21 Gorilla FC yatsinzwemo na Gasogi United igitego 1-0 yagize ati "Imikino itanu yose nta ntsinzi? Birakabije. Mu mikino itanu yose twinjije igitego kimwe gusa, reba nko kuri uyu mukino [batsinzwemo na Gasogi United igitego 1-0] nta shoti na rimwe rigana mu izamu ryabonetse ku ruhande rwacu?"

"Dufite abakinnyi beza kuko nibo bakinnye igice kibanza cya Shampiyona, gusa bikomeje gutya ntitwamwihanganira [Umutoza Gatera Moussa]."

Gatera Moussa yatoje amakipe atandukanye nka Espoir FC, Sunrise FC, Isonga FC na Rayon Sports FC nk’umwungiriza kimwe no mu Ikipe y’Igihugu y’Ingimbi (U17), ndetse yanabaye Umutoza Mukuru wa Gasogi United ikiri mu Cyiciro cya Kabiri.

Gatera Moussa yirukanywe na Gorilla FC, nyuma y'imikino itanu y'igice cya kabiri cya Shampiyona nta ntsinzi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages