00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gusezera kwa Messi? Vinicius ashobora kuhakura Ballon d’Or: Ibyo kwitega muri Copa América 2024

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 21 June 2024 saa 09:10
Yasuwe :

Amakipe 16 yo ku Mugabane wa Amerika yatangiye guhatanira Copa América 2024, aho Argentine ifite igiheruka yatangiye itsinda Canada ibitego 2-0.

Amasaha arabarirwa ku ntoki amakipe 16 yo ku Mugabane wa Amerika agatangira guhatanira Copa América 2024 ifitwe na Argentine yayegukanye mu 2021. Kuri iyi nshuro, iri rushanwa ririmo byinshi bitandukanye byo guhanga amaso birimo kuba irya nyuma kuri Lionel Messi cyangwa rikaba kandi ryatanga Ballon d’Or kuri Vinicius Junior n’ibindi bitandukanye.

Muri iyi nkuru tugiye kugaruka kuri bimwe byo kuryitegaho rizanatuma ubyuka igicuku ugakurikira iyi mikino iba amasaha agoranye kuri benshi mu Rwanda.

Amakipe atandatu ntabwo akomoka muri Amerika y’Epfo

Iri rushanwa ryo muri Amerika y’Epfo rizakinirwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva tariki 21 Kamena kugeza 15 Nyakanga 2024.

Amakipe atandatu muri 16 azaryitabira ni ayo muri Amerika ya ruguru no hagati (Concacaf) ariyo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique, Jamaica, Canada, Costa Rica na Panama yiyongeraho andi 10 yo mu majyepfo.

Ni ku nshuro ya mbere imikino y’amatsinda igiye kutabera kuri uyu mugabane, icyakora izakinirwa mu mujyi iri mu majyepfo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika nka California, Texas na Florida.

Iri rushanwa kandi rizakoreshwa mu rwego rwo kureba aho imyiteguro y’Igikombe cy’Isi cya 2026 igeze cyane ko kizakirwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada.

Irushanwa rya nyuma rikomeye kuri Messi muri Argentine?

Copa América 2024 ishobora kuba irushanwa rya nyuma rikomeye kuri Lionel Messi mu mwambaro w’Ikipe y’Igihugu ya Argentine cyane ko amaze kugira imyaka 37.

Mu mukino ufungura Argentine yatsinzemo Canada ibitego 2-0, Messi yakoze amateka yo kuba umukinnyi umaze kurikinamo imikino myinshi (35) kuva mu 2007 yakina irya mbere.

Haribazwa niba Messi azabasha kugera mu 2026 mu mikino y’Igikombe cy’Isi ubwo azaba afite imyaka 39.

Ubwo aheruka kubazwa niba azakina iri rushanwa mu 2026, Messi yavuze ko bizaterwa ni uko azaba yiyumva.

Yagize ati “Bizaterwa ni uko nzaba niyumva mu mbaraga z’umubiri ndetse nzareba niba nzaba ndi no ku rwego rwo guhatana ngafasha bagenzi banjye. Haracyari igihe kinini gusa ibihe birihuta cyane bityo rero ntabwo nzi uko nzaba meze muri icyo gihe.”

Messi agiye muri iri rushanwa yifuza guhesha igihugu cye igikombe cya gatatu nyuma ya Copa América yegukanye mu 2021 n’Igikombe cy’Isi mu 2022.

Umukino wa nyuma w’iri rushanwa uzabera kuri Hard Rock Stadium i Miami mu bilometero 32 uvuye mu Mujyi wa Fort Lauderdale, aho Inter Miami ya Messi ikinira.

Mu gihe, Ikipe y’Igihugu ya Argentine yakwegukana irushanwa ry’uyu mwaka yasangira na Uruguay agahigo ko kuba amakipe amaze kuryegukana inshuro nyinshi (15).

Iri rushanwa rishobora kuba irya nyuma kuri Lionel Messi mu Ikipe y'Igihugu ya Argentine
Hard Rock Stadium izaberaho umukino wa nyuma

Intsinzi ya Brésil yahesha Vinicius Junior Ballon d’Or?

Ikipe y’Igihugu ya Brésil ni iya kabiri mu guhabwa amahirwe yo kwegukana iri rushanwa nyuma ya Argentine. Iyi kipe kandi ifite irya 2019.

Irahabwa amahirwe kubera abakinnyi igenderaho bameze neza muri iyi minsi nka Vinicius Junior, Rodrygo na Endrick bose bazaba bakinana muri Real Madrid umwaka utaha w’imikino.

Vinicius arahabwa amahirwe yo kwegukana Ballon d’Or nyuma yo guhesha Real Madrid Shampiyona ya Espagne na UEFA Champions League.

Icyakora ahanganye na mugenzi we Jude Bellingham bakinana muri iyi kipe nawe uhabwa amahirwe yo kwegukana Igikombe cy’u Burayi hamwe n’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza.

Kwegukana Copa América kwa Vinicius ni ikimenyetso gikomeye cy’uko ashobora kuzanahabwa Ballon d’Or isanzwe ihabwa umukinnyi witwaye neza kurusha abandi muri uwo mwaka.

Mu gihe Brésil yakwegukana iri rushanwa, byakongerera Vinicius Junior amahirwe yo kwegukana Ballon d'Or

Kera kabaye Marcelo Bielsa yakwegukana Copa América?

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Uruguay, Marcelo Bielsa arigushaka uko yakwegukana Copa América ku nshuro ye ya mbere mu mateka nyuma yo kumuca mu myanya y’intoki mu 2004.

Icyo gihe yatozaga igihugu akomokamo cya Argentine ndetse ku mukino wa nyuma yageze ku munota wa 87 yizeye itsinzi mbere y’uko Adriano agombora igitego, amakipe yombi akajya muri penaliti, bikarangira Brésil yegukanye igikombe.

Uyu mugabo yaherukaga muri iri rushanwa muri icyo gihe.

Icyakora nyuma yatoje Ikipe y’Igihugu bya Chile hafi imyaka ine gusa ntabwo yatoje muri iri rushanwa kuko yahageze mu 2007 nyuma y’amezi make rirangiye, atandukana nayo mu 2011 nabwo habura amezi make ngo yitabiriye iry’uwo mwaka.

Muri rusange iri rushanwa rigizwe n’amakipe 16 agabanyije mu matsinda ane, aho amakipe abiri ya mbere azabona itike ya ¼ bityo agakina akuranwamo kugeza habonetse itwara igikombe.

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Uruguay, Marcelo Bielsa arifuza kwegukana iri rushanwa ku nshuro ya mbere mu mateka

Uko amatsinda ateye:

Itsinda rya Mbere: Argentina, Peru, Chile na Canada
Itsinda rya Kabiri: Mexique, Equateur, Venezuela na Jamaica
Itsinda rya Gatatu: Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Uruguay, Panama na Bolivie
Itsinda rya Kane: Brésil, Colombie, Paraguay na Costa Rica


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages