Ubwo IGIHE yasuraga iyi stade, Meya w’Akarere ka Gicumbi, Nzabonimpa Emmanuel yagarutse kuri byinshi biteganyijwe gukorwa.
Ati “Imirimo yo gushyiramo ‘tapis synthétique’ iri kugana ku musozo igeze nko kuri 98%. Aho abafana bazicara ho hamaze gukorwa. Ikindi Minisitiri wa Siporo yatwemereye ko izanacanirwa kugira ngo imikino ijye ibasha gukinwa amanywa n’ijoro.”
Yakomeje avuga ko iyi stade izaba yakira abafana ibihumbi bitanu.
Ati “Turashaka kandi kuzasakara igice kinini cy’imyanya y’icyubahiro kuko twifuza ko niyuzura izajya yakira abafana ibihumbi bitanu bicaye neza.”
Uyu muyobozi kandi yagaragaje imvune zari mu kwimurira Gicumbi FC i Kigali.
Ati “Byari bikomeye cyane kwimura ikipe icyo ushaka cyose cyasabaga amafaranga. Ndashimira Njyanama y’Akarere kuko twiyemeje ko uko abakozi duhembwe n’abakinnyi bagombaga guhemba.”
Yakomeje agira ati “Byari bikomeye cyane kwimurira ikipe i Kigali ndetse umusaruro twagize utwemerera kuguma mu Cyiciro cya Mbere. Bigaragaza ko ubwo tuzaba twasubiye mu rugo amakipe azajya aza yikandagira.”
Gicumbi FC yasubiye mu Cyiciro cya Mbere muri uyu mwaka w’imikino, mu gihe Shampiyona iri kugana ku musozo iri ku mwanya wa 13 n’amanota 35.
Aka karere kandi kazwiho gukunda imikino, gafite n’ikipe y’abagore ya Inyemera WFC na Gicumbi Handball Club.
Amafoto: Umwari Sandrine
Video: Ndacyayisenga Emmanuel



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!