Kuri uyu munsi kandi nibwo amateka yandikwaga ku bakinnyi batandukanye by’umwihariko rutahizamu wa Manchester City, Erling Braut Haaland, ukomoka muri Norvège watsindaga ikipe yaturutsemo.
Uyu rutahizamu yandikiye amateka mu mukino we wa 21 muri UEFA Champions League ubwo Manchester City yahuraga na Dortmund yahozemo. Haaland yatsinze igitego cy’intsinzi ku munota wa 84 w’umukino.
Iki gitego cye cyaje gisanga icya John Stones yari yatsinze, cyo kwishyura icyo Man City yari yatsinzwe na Jude Bellingham.
Imibare igaragaza ko Haaland ariwe mukinnyi wa mbere ku Isi ushobora kuba yabona igitego mu minota 90 y’umukino muri UEFA Champions League. Mu gihe ari mu kibuga, ashobora kubona igitego mu minota 62.
Ibi nta wundi wari wabikora kuko ku rutonde akurikirwa n’Umudage Mario Gomez waretse gukina mu mwaka wa 2020 wakibonaga mu minota 102. Ku mwanya wa gatatu haza Robert Lewandowsk ukinira FC Barcelone ushobora kukibona mu minota 103.
Lionel Messi wa Paris Saint-Germain aza ku mwanya wa kane kuri uru rutonde kuko nawe ashobora kubona igitego mu minota 104.
Kuri uyu munsi wa kabiri kandi Lionel Messi yandikaga amateka, aca kuri Mukeba we Cristiano Ronaldo, aba umukinnyi wa mbere ku Isi utsinze amakipe atandukanye, mu marushanwa ya UEFA Champions League.
Paris Saint-Germain yatsinze Maccabi Haifa ibitego 3-1. Messi, Neymar na Mbappé bose batsinzemo ibitego. Messi yatsinze igitego kimwe ndetse anatanga umupira wavuyemo igitego cya Mbappé.
Igitego cyatsinzwe na Lionel Messi cyatumye Maccabi Haifa iba ikipe ya 39 atsinze kuva yatangira gukina amarushanwa ya UEFA Champions League. Messi akurikirwa na Cristiano Ronaldo umaze kwinjiza ibitego amakipe 38.
Kuri uyu munsi kandi Chelsea nibwo bwa mbere mu mateka yayo yatakaje imikino ibiri ya mbere mu itsinda yikurikiranya mu marushanwa ya UEFA Champions League, kuva mu mwaka w’imikino wa 1999-2000.
Chelsea yatunguwe na FC Salzburg ibura intsinzi nyuma yo kunganya igitego 1-1.
Rangers yo yatsinzwe na Napoli ibitego 0-3 iguma ku mwanya wa nyuma. Muri iri tsinda kandi Napoli yakomeje kuriyobora kuko Liverpool bari kumwe nayo yatsinze umukino umwe gusa wa Ajax ku bitego 2-1.
Real Madrid iri ku kibuga cyayo Santiago Bernabéu yahatsindiye RB Leipzig ibitego bibiri ku busa. Byatsinzwe na Federico Valverde na Marco Asensio mu minota y’inyongera.
Juventus yo yatsinzwe na Benfica ibitego bibiri kuri kimwe.
Imikino ya UEFA Champions League izongera gukinwa tariki ya 4 na 5 Ukwakira 2022.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!