00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Haaland yagiye kurya ubuzima ku mazi nyuma y’agahinda ko mu Gikombe cy’Isi (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 July 2026 saa 01:00
Yasuwe :

Rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Norvège, Erling Haaland, yahisemo kuruhuka no kwiyakira nyuma yo kugira agahinda ko kutagera ku ntego yari yihaye mu Gikombe cy’Isi cya 2026, aho yahise yerekeza ku kirwa cya Sicily mu Butaliyani kugira ngo yishimire ibiruhuko.

Uyu mukinnyi wa Manchester City w’imyaka 25, yagaragaye ari mu bihe byiza ku bwato buhenze, aho yagaragaje ko arimo kugarura imbaraga nyuma y’amarangamutima akomeye yatewe n’urugendo rwe muri iri rushanwa mpuzamahanga. Yanagaragaye atwara jet-ski mu mazi y’i Sicily, aho yagiye kuruhukira.

Haaland yari umwe mu bakinnyi bari bitezwemo byinshi muri iki Gikombe cy’Isi, ariko urugendo rwe n’ikipe y’igihugu ya Norvège ntirwagenze nk’uko yabyifuzaga.

Nyuma yo gusezererwa, uyu rutahizamu yahisemo gufata umwanya wo kuruhuka aho guhita asubira mu bikorwa by’umupira w’amaguru.

Mu gihe ari mu biruhuko, Haaland yanitabiriye ibirori by’imideli byateguwe n’inzu izwi cyane y’imyambaro ya Dolce & Gabbana, aho yagaragaye ari kumwe n’abantu batandukanye bazwi mu myidagaduro n’imideli.

Haaland azwi nk’umwe muri ba rutahizamu bakomeye ku Isi, akaba yarubatse izina kubera ubushobozi bwe bwo gutsinda ibitego byinshi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages