00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Harasozwa imikino ibanza u Bubiligi vs Algeria, Brazil na Mexique barashaka itike ya 1/8

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 17 June 2014 saa 01:00
Yasuwe :

Kuri uyu wa Kabiri harasozwa imikino ibanza mu matsinda, u Bubiligi bukine na Algeria, u Burusiya bucakirana na Koreya y’Epfo naho Brazil na Mexique batangize umunsi wa kabiri w’imikino y’igikombe cy’Isi 2014.
U Bubiligi vs Algeria saa 18.00 @ Estadio Mineirão
Rutahizamu w’u Bubiligi, Romelu Lukaku yarakize neza nyuma y’imvune yagize mu mukino wa gicuti ariko Kevin De Bruyne na Divock Origi bafite imvune mu gihe Umunya Algeria Hassan Yedba nawe ataza kugaragara kubera imvune yo ku (…)

Kuri uyu wa Kabiri harasozwa imikino ibanza mu matsinda, u Bubiligi bukine na Algeria, u Burusiya bucakirana na Koreya y’Epfo naho Brazil na Mexique batangize umunsi wa kabiri w’imikino y’igikombe cy’Isi 2014.

U Bubiligi vs Algeria saa 18.00 @ Estadio Mineirão

Rutahizamu w’u Bubiligi, Romelu Lukaku yarakize neza nyuma y’imvune yagize mu mukino wa gicuti ariko Kevin De Bruyne na Divock Origi bafite imvune mu gihe Umunya Algeria Hassan Yedba nawe ataza kugaragara kubera imvune yo ku kagombambari.

U Bubiligi bugiye gukina igikombe cy’Isi nyuma y’imyaka 12. Algeria imaze imikino 5 itinjiza igitego kuva mu 1986 ubwo Djamel Zidane yatsindaga igitego baheruka.

Islam Slimani niwe mukinnyi uri mu gikombe cy’Isi watsinze ibitego byinshi hashakwa itike muri Afurika , 5, anganya na Salomon Kalou wa Cote d’Ivoir.

Ikipe y'u Bubiligi igizwe n'abakinnyi benshi bakina mu Bwongereza bayobowe na Vicent Komapny na Eden Hazard

Mu bakinnyi 11 bashobora kubanza ku ruhande rw’u Bubiligi, 7 bakina muri shampiyona y’u Bwongereza mu guhe abantu 17 bagize itsinda rya Algeria riri mu gikombe cy’Isi bavukiye mu Bufaransa.

Brazil vs Mexique saa 21.00 @ Castelão

Ni umukino uhuza amakipe yatsinze imikino ibanz yo mu itsinda A. Rutahizamu wa Brazil, Hulk ashobora kudakina kukoatakoze imyitozo yo kuwa Mbere nkuko Javier Hernandez ashobora kongera kubanza ku ntebe y’abasimbura.

Ikipe ishobora gutsinda uyu mukino yahita ikatusha itike ya 1/8 cy’irangiza aho bazahura n’izakomeje mu itsinda B ririmo u Buholandi, Espagne, Chili na Australia.

Mu kinyejana cya 21, Mexique niyo kipe yatsinze Brazil cyane, inshuro 6 mu mikino 12 bakinnye aho banganya kabiri. Nyamara ariko Mexique iheruka kuyitsindira mu rugomu 1968 ibitego 2-1.

Oscar watsinze Croatia igitego cya gatatu aratana mu mutwi na Mexique yatsinze Cameroun

Mu 2013 mu mikino mpuzamagibane kuri Estadio Castelao, Brazil yatsinze Mexique ibitego 2-0 bya Neymar na Jo.

Mu mikino 10, Brazil iheruka gukina yatsinze ibitego 33, yinjizwa 2. Bamaze imikino 38 badastindirwa mu rugo baheruka gutakaza kuri Paraguay mu 2002.

U Burusiya vs Koreya y’Epfo saa 23.59 Arena Pantanal

U Burusiya burakina na Koreya y’Epfo budafite kapiteni Roman Shirokov wavunitse mu ivi.

Umukino wahuje aya makipe mu Ugushyingo, u Burusiya bwatsinze Koreya 2-1. Fyodor Smolov na Dmitri Tarasov batsinze ibi bitego ntibari muri Brazil. Mu bitego 5 u Burusiya bwatsinze bushaka itike, 3 byabonetse nyuma y’iminota 90.

Iyi tariki n’igikombe cy’Isi

Tariki ya 17 Kamena 1982, Umunya Irland w’amajyarugu, Norman Whiteside yabaye umukinnyi muto ukinnye igikombe cy’Isi ku myaka 17 n’iminsi 42 bakina na Yougoslavia.

Mu 1970 muri Mexique, amakipe ane yatwaye igikombe cy’Isi yahuriye muri 1/2. Brazil itsinda Uruguay 3-1, u Butariyani butsinda u Budage 1-1 (4-3) imbere y’abafana 102,444 kuri Estadio Azteca.

Fabio Capello utoza u Burusiya yatozaga u Bwongereza mu 2010 muri Afurika y'Epfo

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages