Uyu mukino, by’umwihariko mu mpera zawo, waranzwe n’imvururu zatumye Rayon Sports ibona ikarita itukura kuri Luvumbu ubwo wari urangiye, iza isanga iyari yahawe Majyanama Fidèle ushinzwe ubuzima bwari munsi bw’iyi kipe.
Wari umukino w’ikirarane cy’Umunsi wa Kane wa Shampiyona, Marines FC y’i Rubavu yari yakiriyemo Gikundiro kuri Stade Umuganda, amakipe yombi aza kugwa miswi ibitego 2-2.
Gikundiro yafunguye amazamu hakiri kare cyane ku munota wa kabiri, ku gitego cyinjijwe na Youssef Rharb habayeho guhererekanya neza kwa Luvumbu na Joackiam Ojera.
Ojera yaboneye Rayon Sports igitego cya kabiri ku munota wa 24, igice cya mbere kirangira Rayon Sports iyoboye umukino n’ibitego 2-1.
Habura iminota ine gusa ngo umukino urangire, Gitego Arthur yaboneye Marines FC igitego cya kabiri cyari icyo kunganya, gicecekesha abafana ba Rayon Sports bari bizeye intsinzi.
Umukino warangiye amakipe yombi agabanye amanota, buri imwe atwara inota rimwe.
Ku bafana ba Rayon Sports bari kuri Stade Umuganda, igice cya mbere bibasiye Umusifuzi Nsabimana Célestin bavuga ko atababaniye, cyane cyane kuri penaliti atatanze nyuma y’uko Umunya-Ugamda Joackiam Ojera ategewe mu rubuga rw’amahina ndetse n’amakosa ya hato na hato.
Ibi kandi byagaragariye ku ntebe y’abatoza ya Rayon Sports aho abakinnyi, abatoza n’abaganga nabo batabyumvaga kimwe kenshi n’abasifuzi.
Nyuma y’aho umusifuzi wo hagati ahushye mu ifirimbi ko igice cya mbere kirangiye, Umunye-Congo Luvumbu Nzinga Héritier yagiye guhura n’itsinda ry’abasifuzi ashaka kubaza uwo hagati impamvu atari kubasifurira neza, Célestin yamwirukanye mbere ari na bwo Team Manager wa Rayon Sports, Mujyanama Fidele yahagobokaga.
Mujyanama yajyanye n’abasifuzi mu kibuga hagati bagana mu rwambariro abasaba kubanira Rayon Sports. Batangiye bavugana byoroheje, uko basatiraga urwambariro ni ko byagaragaraga ko umwuka mubi wagendaga uzamuka, mbere yo kugera aho ikibuga kigarukiye Team Manager ajya gutandukana n’abasifuzi yanaze ukuboko bigaragara ko hagati yabo mu kiganiro bagiranaga hari hajemo agatotsi.
Mbere yo kwinjira mu rwambariro, Umusifuzi wo hagati Nsabimana Célestin utari wishimiye uko uruhande rwa Rayon Sports rwamubonaga yateye intambwe ebyiri yihuta ashaka guha Mujyanama ikarita itukura, yakoze mu mufuka w’inyuma mbere y’uko ayikuramo abuzwa n’uwa kane.
Nta wamenye ibyakurikiyeho mu rwambariro, amakipe yombi agaruka mu kibuga gutangira igice cya kabiri, Umusifuzi Nsabimana Célestin yahaye Team Manager wa Rayon Sports ikarita itukura ajya kurebera umukino mu bafana.
Kugeza aho, imisifurire ntiyabonwaga neza n’uruhande rwa Rayon Sports.
Mu gice cya kabiri, Marines FC yasatiriye cyane Rayon Sports ari nako hagendaga haba amakosa menshi, twirengagije ko abafana ba Rayon Sports batongeye kwita ku misifurire ahubwo bagatangira kwibasira umutoza wabo, umukino warangiye uruhande rwa Murera rutanyuzwe n’imisifurire.
Nyuma y’umukino, na one Umunye-Congo Luvumbu Nzinga wari wuzuye umujinya yasagarariye Umusifuzi wo hagati Nsabimana Célestin amubwira amagambo menshi, abashinzwe umutekano bari babonye ko hashobora kuzamwuka umwuka mubi binjiye mu kibuga bwangu maze bajya kurinda abasifuzi.
Aba bakumiriye Luvumbu kuba yagera ku musifuzi ari na ko Célestin yamweretse ikarita itukura.
Nyuma y’iyi karita, rutahizamu w’Umunya-Uganda Charles Bbaale na we yegereye umusifuzi asakuza cyane agira ati "Kuki mudusifurira nabi?" Uyu na we yegezwayo n’abashinzwe umutekano.
Abakinnyi bakuze mu ikipe barimo Mitima Isaac na Mugisha François ’Master’ bagerageje guturisha uyu rutahizamu ndetse n’Umutoza wa Marines FC, Rwasamanzi Yves yahagobotse asaba Bbaale guca bugufi.
Polisi y’Igihugu n’itsinda ryari rishinzwe umutekano kuri Stade Umuganda baherekeje itsinda ry’abasifuzi baryinjiza mu rwambariro.
Aba baje bakurikiwe n’Umutoza Yameni Zelfani wibasiwe n’abafana bamushinja kugira uruhare mu kunganya ndetse banamucyurira ko ari we watumye babura itike y’amatsinda ya CAF Confederation Cup, aha habaye gusubirikanya n’abafana imbonankubone ku karubanda.
Amafoto: Ntare Julius



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!