Uyu mugabo ukomoka i Burundi ni umwe mu batoza beza muri Shampiyona y’u Rwanda, aho uyu mwaka yigaragaje cyane muri Kiyovu yatangiranye umwaka w’imikino ibibazo byinshi by’ubukene ariko ikitwara neza mu kibuga.
Haringingo wari usigaje amezi make ku masezerano ye yo mu Rucaca, yagiye muri Gikundiro iheruka gutandukana n’umutoza Bruno Ferry wirukanwe nyuma y’amezi atatu gusa.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports butangaza ko bwifuza kwegukana Igikombe cya Shampiyona iheruka mu 2019 cyangwa kimwe mu bikinirwa mu Rwanda.
Murera ikomeje kwitegura isubukurwa rya Shampiyona, aho izakira Gicumbi ku wa Gatandatu, saa 18:00 mu mukino w’Umunsi wa 26 wa Shampiyona uzabera kuri Kigali Pelé Stadium.
Haringingo yaherukaga muri Gikundiro mu 2023, icyo gihe yayiheshege Igikombe cy’Amahoro.
Uyu mutoza yasanze Gikundiro iri ku mwanya kane n’amanota 42.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!