00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Haringingo wa Bugesera ateze amakiriro kuri Rayon Sports

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 5 April 2024 saa 07:26
Yasuwe :

Umutoza Mukuru wa Bugesera FC, Haringingo Christian Francis yavuze ko ahanze amaso imikino isigaye harimo n’iya Rayon Sports azashingiraho kutamanuka mu Cyiciro cya Kabiri.

Ibi yabitangaje nyuma y’umukino w’umunsi wa 26 wa Shampiyona wabereye mu Karere ka Rubavu, ugahuza iyi kipe y’i Bugesera na Marine FC kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 5 Mata 2024.

Nyuma y’uyu mukino warangiye amakipe yombi nta n’imwe ibashije kureba mu izamu, Haringingo yabajijwe ku cyizere cyo kutazamanuka, ashimangira ko gihari ashingiye ku mikino isigaye.

Ati “Ni umukino twakinnye neza ndetse twagombaga no gutsinda ariko twabuze amahirwe. Ntabwo tugomba gushyuha mu mutwe kuko hasigaye imikino myinshi (4), hari amakipe twari kumwe yatsinze ibiri ahita atera intambwe. Izituri imbere rero ziturusha rimwe cyangwa atatu, turacyari kumwe.”

Haringingo ufite akazi katoroshye azakurikizaho Rayon Sports mu mukino wa Shampiyona ndetse n’Igikombe cy’Amahoro kandi yifuza ko aribyo bizamusubiza ku murongo wo gutsinda.

Ati “Ndibaza ko umukino wa Rayon Sports ariwo tugiye gutegura kurenza indi yose, tukayikuraho amanota atatu. Ibihe turimo utabyitwayemo neza usanga ugiye. Aho tugeze tugomba kuhikura, tugatekereza ibiri imbere dushaka ibisubizo. Twese dushyize hamwe ntaho ikipe izajya.”

“Uko byagenda kose n’Igikombe cy’Amahoro turagikeneye. Umukino ku mukino, amanota yose tugomba kuyabona kandi buri wose ni ukuwutegura nk’ushaka igikombe.”

Bugesera FC iri ku mwanya wa 14 wa Shampiyona y’u Rwanda n’amanota 25, aho irushwa na Sunrise inota rimwe ndetse Gasogi United, Gorilla, Etincelles, Marine ziyirusha ane.

Mu mikino ikurikira igomba guhura na Rayon Sports, Police FC, Muhazi United na Etoile de l’Est.

Haringingo Francis yizeye ko kutamanuka kwa Bugesera FC gushingiye ku mikino ifitanye na Rayon Sports
Bugesera FC iri mu mibare myinshi yo guharanira kutamanuka mu Cyiciro cya Kabiri
Bugesera FC yanganyije na Marine FC ikomeza kugana mu murongo utukura
Uko amakipe akurikiranye ku rutonde rwa Shampiyona nyuma y’Umunsi wa 26 w’imikino

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages