Umutoza Carlos Alós Ferrer yatangiye gutoza Amavubi muri Werurwe 2022 asimbuye Mashami Vincent wari umaze imyaka itanu ayitoza.
Mu mikino 12 Carlos yatoje, yatsinzemo umwe gusa anganya imikino itanu, atsindwa itandatu.
Muri iyi mikino yose, Haruna Niyonzima yakinnyemo ibiri gusa, uwo gushaka itike ya CHAN 2023 Amavubi yanganyijemo na Ethiopia 0-0 i Dar es Salaam muri Tanzania tariki 26 Kanama n’uwo kwishyura Ethiopia yatsinzemo u Rwanda igitego 1-0 kuri Stade Huye tariki 3 Nzeri 2022.
Mu kiganiro yagiranye na Ten Sports kuri Radio10 kuri uyu wa Kane, tariki 18 Kanama 2023, Haruna Niyonzima, yavuye imuzi icyateye umwuka mubi hagati ye n’Umutoza Carlos Ferrer.
Yatangaje ko ikibazo cyatewe n’inama yamuhaye nyuma yo kubona ko abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu bari bahamagawe icyo gihe bari bafite uburambe buke bityo amugisha inama niba yabanza rutahizamu Tuyisenge Jacques mu kibuga. Undi amusubiza ko atajya akunda umuntu umuha amabwiriza.
Yagize ati” Si we mutoza wa mbere ufite amateka twari duhuye, nahuye n’abatoza benshi bafite amateka kumurusha ariko umutwe umwe wigira inama yo gusara.”
“Nubwo ibintu yavuze imbere y’Imana ntabyemera nubwo namuha igitekerezo sinumva ko ari ikibazo nk’umukinnyi ufite uburambe mu kazi ndetse umaze imyaka myinshi mu Ikipe y’Igihugu.”
Yakomeje ati "Nabonye abakinnyi dufite batarabanza mu Ikipe y’Igihugu n’imikino itatu kandi bagombaga gutangira uwo umukino [wa Ethiopia], ndebye na ba rutahizamu dufite, mbaza Umutoza [Ferrer] nti nubwo atameze neza urabibona ute Jacques [Tuyisenge] abanje mu kibuga? Ako kanya aransubiza ngo sinkunda umuntu umbwira. Nta kindi kintu nzi [twapfuye] n’imbere y’Imana yo mu Ijuru.”
Haruna Niyonzima, ukinira Al Ta’awon yo muri Libya akaba na Kapiteni w’Amavubi, yatangaje impamvu yatumye ashwana n’Umunya-Espagne Carlos Alós Ferrer watozaga Ikipe y’Igihugu. pic.twitter.com/Hj9L27062v
— IGIHE Sports (@IGIHESports) August 17, 2023
“Amaze kumbwira gutyo ndamusubiza nti "umbabarire cyari igitekerezo cyanjye kandi si itegeko ko ugikurikiza gusa ni byo byari ibyiyumviro byanjye.”
Nyuma y’amezi atandatu, Umutoza Carlos Ferrer ubwo yatangazaga abakinnyi 28 bari bagiye kwitegura umukino w’Umunsi wa Gatanu w’amatsinda yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023 u Rwanda rwakiriyemo Mozambique tariki ya 18 Kamena 2023, ntiyahamagaye Haruna Niyonzima.
Abanyamakuru bamubajije impamvu atahamagaye Kapiteni w’Amavubi asubiza ko Haruna ari umukinnyi ushyiraho amategeko, ashaka kugena uko ikipe ikina.
Yagize ati "Haruna ni umukinnyi ushyiraho amategeko cyane, ni umukinnyi uguha amategeko menshi y’uko ikipe igomba gukina.”
Carlos Ferrer watozaga Amavubi yasobanuye impamvu atahamagaye Haruna Niyonzima mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yiteguraga Mozambique muri Kamena 2023. pic.twitter.com/5d7FGmFP24
— IGIHE Sports (@IGIHESports) August 17, 2023
Carlos Ferrer icyo gihe yavuze ko kuzana uyu mukinnyi, umaze gukinira u Rwanda imikino 110, byatuma ahindura ibitekerezo by’uko yifuza gukina ariko ko bitavuze ko atazagaruka mu Ikipe y’Igihugu.
Yagize ati ”Ndamutse muzanye ngomba guhindura byinshi mu bitekerezo byanjye by’amayeri y’imikinire, nahisemo kutamuzana. Ntibisobanuye ko kuba Carlos ari hano Haruna atazaza, oya ariko uburyo nifuza gukina bishobora kutamfasha kuba namuzana ku mpamvu zitandukanye rero ni icyemezo cyanjye.”
Carlos nubwo atamuhamagaye mu minsi ye ya nyuma mu Amavubi ariko ntahakana ko ari umukinnyi mwiza ndetse uri mu "beza mu gihugu".
Mu gitondo cyo ku wa 8 Kanama 2023, ni bwo Carlos Ferrer yasezeye Ishyirahamwe Nyarwanda rya Ruhago, FERWAFA, abinyujije mu butumwa yanditse kuri Instagram, avuga ko agiye gutangira umushinga mushya, yifuriza amahirwe Amavubi mu gihe kiri imbere. Kuri ubu ni Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu cya Belarus, kiri mu Burasirazuba bw’u Burayi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!