Amasezerano mashya Hussein Tshabalala yashyizeho umukono azarangira mu 2024.
Mu itangazo AS Kigali yashyize ku mbuga nkoranyambaga yatangaje ko yishimiye kuba Tshabalala yongereye amasezerano.
Mu gihe habura iminsi 20 ngo shampiyona y’u Rwanda itangire umutoza Casa Mbungo André ari gukora ibishoka byose ngo asinyishe abakinnyi bakomeye ariko anongerera amasezerano abeza afite.
Ni muri urwo rwego bongereye amasezerano ya Tchabalala watsindiye AS Kigali ibitego 15 mu mwaka ushize w’imikino.
Uretse Hussein Tshabalala, ikipe ya As Kigali yanongereye amasezerano ya kapiteni wayo Haruna Niyonzima igura n’abakinnyi b’abanyamahanga iteganya kuzakoresha mu mikino ya CAF Confederation Cup.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!